• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

radiotv10by radiotv10
04/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku buryo iryafashwe ritarenza iminsi itatu ritarapfa, nyamara bakaba barabibwiye abavuzi b’amatungo ngo bayishakire umuti ariko bikaba byarananiranye.

Aba borozi bamaze gushaka izina ry’iyi ndwara batazi ikiyitera, aho bayita Gashangu cyangwa Gasheshe, bavuga ko itungo ryishwe n’iyi ndwara riba rifite igifu cyumye.

Aba borozi bavuga ko batahwemye kubibwira abavuzi b’amatungo ngo bamenye igitera iyi ndwara n’umuti wayo, ariko bikaba bikomeje kuranirana.

Sibomana James wo mu Mudugudu wa Ndama mu Kagari ka Rwikiniro, yagize ati “Ifata mu gifu cy’inka kikuma, ni yo bayibaze ugasanga igifu cyarumye ntibone uko ivurwa. Nta miti yayo turamenya usibye kugerageza gusa. Kandi aho ifatiwe nk’iyo nka ishobora kumara nk’iminsi nk’ibiri cyangwa itatu ikaba irapfuye.”

Undi witwa Makuza Charles wo mu Mudugudu wa Munini mu Kagari ka Munini na we yagize ati ”Inyuma ntabwo ita amase ni cyo kibikubwira nta n’ubwo biyihagarika iminsi nk’ibiri ikaba irapfuye.”

Umuyobozi wa Sitasiyo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi RAB ya Nyagatare, Kayumba John yavuze ko iyi ndwara yitwa ‘Anaplasmose’ ariko ngo aborozi basabwa gukinginza no kogereza Inka ku gihe. Ati “Gasheshe ni Anaplasmose iterwa n’uburondwe.”

Ni mu gihe aborozi bo bavuga ko hakwiye gufatwa ingamba zo guhashya iyi ndwara kuko ikomeje kwica amatungo menshi, ku buryo hari aborozi benshi bakomeje kugwa mu bihombo nyamara amatungo yabo ari yo bakeshaga imibereho.

Aborozi bavuga ko iyi ndwara igiye kubagira aboro

Basabwe kogereza ku gihe amatungo yabo

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Next Post

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b'Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.