Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe, kandi ko afite icyizere ko hari igihe azatwarana yo ibikombe.
Uyu myugariro wa Arsenal, yayigezemo muri 2020 imukuye muri Lille FC yo mu Bufaransa, aho kuva yagera muri Arsenal amaze gukina imikino 210 ayitsindira ibitego 20.
Gabriel amaze imyaka ibiri (2) muri Arsenal yabaye umukinnyi ngenderwaho ahita yongerwa amasezerano bidatinze yongeye kongera kugeza 2029.
Kuva yagera muri Arsenal, Gabriel amaze guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu ya Brazil inshuro 14, aho yahamagawe bwa mbere muri 2023 ubwo iyi kipe yakinaga na Venezuela.
Mu magambo ye yagize ati “Sinjya nibagirwa umunsi ngera aha, nahageze ndi muto imyaka hafi itanu ishize, nize byinshi ndetse nishimiye kuguma muri Arsenal. Mfite icyizere ko umunsi umwe nzatwara ibikombe na Arsenal. Ndi hano mu muryango mwiza, nkunda Arsenal Kandi na yo irankunda.”
Gabriel Magalhães ari kumwe na William Saliba ni bo ba myugariro binjijwe ibitego bicye mu myaka itanu ishize muri Shampiyona y’Abongereza.
Gabriel Magalhães w’imyaka 27 yatangiye gukina umupira w’amaguru muri Avai FC muri Santa Catarina iwabo muri muri Brazil, akomereza muri Lille yo mu Bufaransa, abanza gutizwa muri Troyes na Dinamo Zagreb yo muri Croatia.
Aime Augustin
RADIOTV10