Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

USA yafatiye ibihano bikarishye abarimo ukuriye Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda

radiotv10by radiotv10
08/12/2021
in MU RWANDA
0
USA yafatiye ibihano bikarishye abarimo ukuriye Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Maj Gen Abel Kandiho usanzwe ari Umukuru w’Urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda (CMI), ari mu bantu bafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubera ibyaha mpuzamahanga birimo ibabazamubiri bakurikiranyweho.

Uyu muyobozi ari mu bantu 15 bo mu bihugu bitatu bafatiwe ibihano n’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America.

Ni ibihano byafashwe na Leta Zunze Ubumwe za America kubera ibyaha bifitanye isano no kubangamira Uburenganzira bwa Muntu bikurikiranywe kuri bariya bantu.

CMI ni urwego rwagiye rugarukwaho kugira uruhare mu guhohotera Abanyarwanda baba muri Uganda cyangwa bajyayo aho bamwe bagiye bafungwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse bamwe bagakorerwa ibabazamubiri n’iyicarubozo.

Uretse Maj Gen Abel Kandiho ukuriye CMI, hari n’abandi basanzwe ari abakozi b’uru rwego bari ku rutonde rw’aba bantu bafatiwe ibihano na USA.

Leta Zunze Ubumwe za America zitangaza ko aba bantu bafatiwe ibihano kubera uruhare bavugwaho mu guhohotera uburenganzira bwa muntu.

Bimwe mu bihano bafatiwe, ni ibijyanye n’ubukungu aho imitungo yabo iri muri USA izafatirwa kandi bakaba batemerewe gukora ibikorwa by’ubucuruzi muri kiriya Gihugu cyangwa kubukorana n’Abanyamerika.

Leta zunze Ubumwe za America kandi zitunga agatoki Maj Gen Abel Kandiho ubwe yagize uruhare mu bikorwa by’iyicarubozo byakozwe na CMI aho hari abagiye bakubitwa ibiboko abandi bagakubitishwa amashanyarazi ku mategeko yabaga yatanzwe n’uyu musirikare ukomeye muri Uganda.

USA itangaza ko abakorewe biriya bikorwa by’ibabazamubiri bamwe bagiye banabiburiramo ubuzima mu gihe hari n’ababikurijemo ubumuga.

Itangazo rwa Leta Zunze Ubumwe za America ntirigaragaza abakorewe ibikorwa bishinjwa bariya bayobozi barimo General Maj Abel Kandiho gusa ibirego bishinjwa urwego ayobora birimo ibyakorewe Abanyarwanda kuko hari benshi bagiye bafatirwa muri Uganda bagakorerwa ibikorwa by’iyicarubozo ndetse n’ubu bikomeje gukorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 3 =

Previous Post

Uwari umuyobozi wa Siporo muri Minisiteri ya Siporo yasezeye

Next Post

U Buhindi: Impanuka ya Kajugujugu yaguye igashya igakongoka yahitanye Umugaba Mukuru w’Ingabo

Related Posts

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Buhindi: Impanuka ya Kajugujugu yaguye igashya igakongoka yahitanye Umugaba Mukuru w’Ingabo

U Buhindi: Impanuka ya Kajugujugu yaguye igashya igakongoka yahitanye Umugaba Mukuru w’Ingabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.