Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

USA yafatiye ibihano bikarishye abarimo ukuriye Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda

radiotv10by radiotv10
08/12/2021
in MU RWANDA
0
USA yafatiye ibihano bikarishye abarimo ukuriye Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Maj Gen Abel Kandiho usanzwe ari Umukuru w’Urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda (CMI), ari mu bantu bafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubera ibyaha mpuzamahanga birimo ibabazamubiri bakurikiranyweho.

Uyu muyobozi ari mu bantu 15 bo mu bihugu bitatu bafatiwe ibihano n’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America.

Ni ibihano byafashwe na Leta Zunze Ubumwe za America kubera ibyaha bifitanye isano no kubangamira Uburenganzira bwa Muntu bikurikiranywe kuri bariya bantu.

CMI ni urwego rwagiye rugarukwaho kugira uruhare mu guhohotera Abanyarwanda baba muri Uganda cyangwa bajyayo aho bamwe bagiye bafungwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse bamwe bagakorerwa ibabazamubiri n’iyicarubozo.

Uretse Maj Gen Abel Kandiho ukuriye CMI, hari n’abandi basanzwe ari abakozi b’uru rwego bari ku rutonde rw’aba bantu bafatiwe ibihano na USA.

Leta Zunze Ubumwe za America zitangaza ko aba bantu bafatiwe ibihano kubera uruhare bavugwaho mu guhohotera uburenganzira bwa muntu.

Bimwe mu bihano bafatiwe, ni ibijyanye n’ubukungu aho imitungo yabo iri muri USA izafatirwa kandi bakaba batemerewe gukora ibikorwa by’ubucuruzi muri kiriya Gihugu cyangwa kubukorana n’Abanyamerika.

Leta zunze Ubumwe za America kandi zitunga agatoki Maj Gen Abel Kandiho ubwe yagize uruhare mu bikorwa by’iyicarubozo byakozwe na CMI aho hari abagiye bakubitwa ibiboko abandi bagakubitishwa amashanyarazi ku mategeko yabaga yatanzwe n’uyu musirikare ukomeye muri Uganda.

USA itangaza ko abakorewe biriya bikorwa by’ibabazamubiri bamwe bagiye banabiburiramo ubuzima mu gihe hari n’ababikurijemo ubumuga.

Itangazo rwa Leta Zunze Ubumwe za America ntirigaragaza abakorewe ibikorwa bishinjwa bariya bayobozi barimo General Maj Abel Kandiho gusa ibirego bishinjwa urwego ayobora birimo ibyakorewe Abanyarwanda kuko hari benshi bagiye bafatirwa muri Uganda bagakorerwa ibikorwa by’iyicarubozo ndetse n’ubu bikomeje gukorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − one =

Previous Post

Uwari umuyobozi wa Siporo muri Minisiteri ya Siporo yasezeye

Next Post

U Buhindi: Impanuka ya Kajugujugu yaguye igashya igakongoka yahitanye Umugaba Mukuru w’Ingabo

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Buhindi: Impanuka ya Kajugujugu yaguye igashya igakongoka yahitanye Umugaba Mukuru w’Ingabo

U Buhindi: Impanuka ya Kajugujugu yaguye igashya igakongoka yahitanye Umugaba Mukuru w’Ingabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.