Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America n’u Burayi ntibumva kimwe inzira yifuzwa gukoreshwa mu kurangiza intambara yo muri Ukraine

radiotv10by radiotv10
20/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America n’u Burayi ntibumva kimwe inzira yifuzwa gukoreshwa mu kurangiza intambara yo muri Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America n’Ibihugu by’i Burayi ntibumva kimwe ingingo yo gutegeka u Burusiya guhagarika intambara muri Ukraine nk’uburyo bwo gutegura inzira yo kugera ku mahoro arambye.

Gushaka igisubizo ku ntambara imaze imyaka itatu n’igihe muri Ukraine, byongeye kuba ingingo ikomeye, ubwo Perezida Donald Trump yakiraga abanyaburayi barimo Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy waje aherekejwe n’abarimo Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa.

Mu biganiro byabaye, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yemeje ko iyi ntamabara iri hafi kurangira.

Yagize ati “Iyi ntambara izahagarara. Igihe izarangirira nzabibabwira, ariko igomba guhagarara. Uyu mugabo [Zelenskyy] arashaka ko irangira, na Perezida putin ni ko abyifuza. Isi yose yarayirambiwe, murabizi ko nahagaritse intambara esheshatu, iyi natekerezaga ko yoroshye cyane kurusha izindi ariko nasanze ari yo ikomeye cyane.”

Zelenskyy yakiriye neza ibi byatangajwe na mugenzi we, aho yagize ati “Nkuko mubizi twibera mu masasu. Ubu bari ibitero byinshi bimaze kugabwa muri Ukraine, byahitanye abantu benshi barino abana n’impinja, ariko twerekanye ko tudacika intege. Ubu kandi dushyigikiye igitekerezo cya Leta Zunze Ubumwe za America byumwihariko Perezida trump. Arashaka ko iyi ntambara ihagarara binyuze mu biganiro, kandi twiteguye kuzaganira na mugenzi wanjye mu nama ya batatu. Ndatekereza ko ari byiza cyane.”

Chancelier w’u Budage, Joachim Friedrich Matin Josef merz yavuze ko hakenewe kubanza gutegeka u Burusiya bugahagarika intambara. Ibi ngo byatuma izindi ntambwe zihuta.

Yagize ati “Intambwe iri imbere ni yo ikomeye cyane. Ku wa Gatanu ushize watangije uru rugendo, ubu rero wakinguriye amazembo ibindi biganiro bikomeye, ariko tuvugishije ukuri; agahenge k’intambara karakenewe cyane. Siniyumvisha ukuntu inama izakurikiraho ishobora kuba hatarajyaho agahenge. Mureke dushyire igitutu ku Burusiya kubera ko ibyo turimo aka kanya byakwizerwa igihe haba hagiyeho agahenge.

Njye ndifuza ko ibiganiro bikomeye byazaba hari agahenge muri iyo nama izahuza Abakuru b’Ibihugu bitatu ntitaye ku hantu izabera.”

Ni na ko Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron abibona, aho yavuze ko ari cyo cyatumye baherekeza Perezida Zelenskyy i Washington.

Yagize ati “Icyo dushaka ni uko aya masezeano adashyira mu kaga Ukraine n’Umugabane w’u Burayi wose. Twese ni byo turashaka amahoro, ariko turifuza ko ayo mahoro aza agamije gufasha Ukraine gusubirana ubutaka bwose bw’Igihugu cyabo, tugomba no kwizera ko nyuma y’aya mahoro Ukraine ifite ubwirinzi ku buryo itazongera guterwa, u Burayi nabwo bugomba kwizera ko buzagira amahoro n’umutekano.

Ntushobora kujya muri ibyo biganiro mu gihe amasasu akuri hejuru. Ibaze ko uyu munsi twari mu nama na Zelenskyy, turangije iyo nama; Perezida yahamagaye Perezida Putin. Twagombaga kongera kugirana inama nyuma y’ibyo biganiro bya Trump na Putin, Ariko hagati aho ingabo z’u burusiya zarasaga ibisasu biremereye mu basivile ba Ukraine.

Ntabwo bishoboka ko umuyozi wa Ukraine yajya mu biganiro mu gihe u burusiya buri kumisha ibisasu byicya abasivile be bikanasenya igihugu.

Uramutse ushyizeho amasezerano y’amahoro ariko ntugaragaze ubwirinzi bwa Ukraine; u burusiya ntibushobora kubahiriza ibyo bwemeye.”

Kuri iyI ngingo Perezida Donald trump avuga ko uburyo bwombi bushoboka. Ati “Nemera igitekerezo cyo guhagarika intambara kuko bituma abantu badakomeza kwicwa. Haba mu cyumweru kimwe cyangwa bibiri, sinitaye ku gihe byamaraa ariko birashoboka ko twanaganira ku ngingo y’amahoro agahenge katanabayeho.

Gusa ndifuza ko babihagarika kabone n’ubwo bishobora kuba imbogamizi ku ruhande rumwe cyangwa urundi ariko intambara zose nazihagaritse ntanabasabye gushyiraho agahenge.

Ngomba gukorana na buri ruhande kugira ngo hazaboneke amahoro y’igihe kirekire. Ntabwo dushaka amahoro amara imyaka ibiri hanyuma tugasubira muri ibi bibazo.”

Nubwo abo bakomeje ibyo biganiro; Umunyamabanaga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio avuga ko inzira ikiri ndende, gusa akavuga ko itanga icyizere; igihugu cye ngo ntikirashyira hasi amahitamo y’ibihano bikomeye.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 10 =

Previous Post

Amakuru agezweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

Next Post

Umubare w’abahitanywe n’umwuzure muri Pakistan watumbagiye

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubare w’abahitanywe n’umwuzure muri Pakistan watumbagiye

Umubare w’abahitanywe n’umwuzure muri Pakistan watumbagiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.