Ngabo Roben wari umukozi ushinzwe itumanaho muri Rayon Sports, yatangaje ko atirukanywe n’ubuyobozi bw’iyi kipe nk’uko bamwe babiketse, ariko ko bwamweretse ko bwifuza ibitandukanye n’ibyo yakoreraga iyi kipe, ku buryo bigaragara ko bwifuza undi mukozi utari we.
Ni nyuma yuko Ngabo usanzwe ari n’Umunyamakuru wa RADIOTV10, ashyize hanze itangazo yemeza ko atakiri umukozi w’iyi kipe ya Rayon Sports.
Muri iri tangazo ryatambutse mu ijoro ryacyeye ku mbuga nkoranyambaga z’uyu munyamakuru, hari aho avuga ko urugendo rw’akazi yakoreye iyi kipe ya Rayon Sports rwari rushimishije ariko ko mu gihe gito gitambutse rwaranzwe n’imbogamizi, kandi “ubuyobozi buhitamo inzira itandukanye, nubashye umwanzuro wabo nsezerana icyubahiro n’ibihe byiza nzibuka.”
Bamwe baketse ko uyu wari mukozi wa Rayon yaba yirukanywe n’ubuyobozi bw’iyi kipe, ariko we akaba yabihakanye.
Yagize ati “Nubwo harimo iyo nteruro ko ubuyobozi bwahisemo ibitandukanye n’ibyo nifuzaga ku giti cyanjye. Rero Ubuyobozi bwa Rayon Sports ntabwo bwanyirukanye, ariko ubuyobozi bwa Rayon Sports bwanyeretse ko bifuzaga ibitandukanye n’ibyo nsanzwe mbakorera.Banyeretse ko bakwifuza kugira wenda undi.”
Ngabo Roben avuga ko “nk’umuntu ureba kure” ari bwo yahise afata icyemezo cyo gusezera ku nshingano yakoze imyaka itandatu muri iyi kipe.
Ati “Nk’umuntu ureba kure nahisemo ko dutandukana ku bwumvikane bitajemo kwirukanwa bitajemo rwaserera nyinshi.”
Ngabo avuga ko nubwo yakoreraga iyi kipe ariko asanzwe ari n’umukunzi wa Rayon Sports kandi ko azakomeza kuyikunda.
Avuga ko mu mwuga w’itangazamakuru awukorana ubunyamwuga atagize uruhande abogamiyeho, ku buryo adashobora gutega amatwi umuntu wese washaka kumunyuza mu zindi nzira zihabanye n’ubunyamwuga nko kuba yasenya andi makipe.
Hashize amezi atatu ashatse kwegura
Ngabo Roben ushimira ubuyobozi bwagiye busimburana muri Rayon Sports, avuga ko yashatse gusezera mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize wa 2025 kubera ibibazo byari muri iyi kipe by’ihangana ryatutumbaga mu bayobozi b’iyi kipe ryatumye hazamo gucikamo impande.
Uyu munyamakuru avuga ko muri icyo gihe yari umukozi ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru, kandi mu nshingano ze harimo no gukomeza kurinda isura y’iyi kipe.
Avuga ko inshingano ze zatumaga agomba kwitabira inama zabaga zateguwe na Thadée Twagirayezu wari Perezida w’iyi Kipe, bigatuma abatamwemera bagirira umujinya uyu munyamakuru.
Ngabo Roben avuga ko nk’umuntu kandi yanagaragazaga ibitekerezo bye byafasha Rayon Sports kuva muri ibyo bibazo nko kuba atarifuzaga ko Murenzi Abdallah yaba CEO wayo, ariko yabitanga, na we bakamufata nk’uwamaze gufata uruhande.
Avuga ko ubwo abayobozi barimo Murenzi bazaga muri iyi kipe, uyu wagizwe umuyobozi, yamwegereye akamuhumuriza amubwira ko ikibazanye ari ukubaka ikipe, ariko hakaba hari abaca ruhinganyuma bakamujya mu matwi babateranya.
Ati “Murenzi Abdallah we ku giti cye simbubona nk’umuntu mubi, nzanabigarukaho […] anabaye umuyobozi uhoraho ntacyo byaba bitwaye, ni umunyamwuga, gusa afite entourage [abamukikije] mbi, na we njya ndeba nkabona atabasha kuyigobotora kubera impamvu zinyuranye, arayikeneye, mu buryo bw’amikoro…”
Ngabo avuga ko icyatumye ashaka gusezera akazi mu mpera z’umwaka ushize, ari imwe muri radio zikorera mu Rwanda, yamugabyeho ibitero biremereye, bitwaje ibyavugwaga n’ubundi na bamwe muri Rayon, bavugaga ko uyu munyamakuru yafashe uruhande ahengamiyeho.
RADIOTV10










