Wednesday, February 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

radiotv10by radiotv10
11/02/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10
Share on FacebookShare on Twitter

Ngabo Roben wari umukozi ushinzwe itumanaho muri Rayon Sports, yatangaje ko atirukanywe n’ubuyobozi bw’iyi kipe nk’uko bamwe babiketse, ariko ko bwamweretse ko bwifuza ibitandukanye n’ibyo yakoreraga iyi kipe, ku buryo bigaragara ko bwifuza undi mukozi utari we.

Ni nyuma yuko Ngabo usanzwe ari n’Umunyamakuru wa RADIOTV10, ashyize hanze itangazo yemeza ko atakiri umukozi w’iyi kipe ya Rayon Sports.

Muri iri tangazo ryatambutse mu ijoro ryacyeye ku mbuga nkoranyambaga z’uyu munyamakuru, hari aho avuga ko urugendo rw’akazi yakoreye iyi kipe ya Rayon Sports rwari rushimishije ariko ko mu gihe gito gitambutse rwaranzwe n’imbogamizi, kandi “ubuyobozi buhitamo inzira itandukanye, nubashye umwanzuro wabo nsezerana icyubahiro n’ibihe byiza nzibuka.”

Bamwe baketse ko uyu wari mukozi wa Rayon yaba yirukanywe n’ubuyobozi bw’iyi kipe, ariko we akaba yabihakanye.

Yagize ati “Nubwo harimo iyo nteruro ko ubuyobozi bwahisemo ibitandukanye n’ibyo nifuzaga ku giti cyanjye. Rero Ubuyobozi bwa Rayon Sports ntabwo bwanyirukanye, ariko ubuyobozi bwa Rayon Sports bwanyeretse ko bifuzaga ibitandukanye n’ibyo nsanzwe mbakorera.Banyeretse ko bakwifuza kugira wenda undi.”

Ngabo Roben avuga ko “nk’umuntu ureba kure” ari bwo yahise afata icyemezo cyo gusezera ku nshingano yakoze imyaka itandatu muri iyi kipe.

Ati “Nk’umuntu ureba kure nahisemo ko dutandukana ku bwumvikane bitajemo kwirukanwa bitajemo rwaserera nyinshi.”

Ngabo avuga ko nubwo yakoreraga iyi kipe ariko asanzwe ari n’umukunzi wa Rayon Sports kandi ko azakomeza kuyikunda.

Avuga ko mu mwuga w’itangazamakuru awukorana ubunyamwuga atagize uruhande abogamiyeho, ku buryo adashobora gutega amatwi umuntu wese washaka kumunyuza mu zindi nzira zihabanye n’ubunyamwuga nko kuba yasenya andi makipe.

Hashize amezi atatu ashatse kwegura

Ngabo Roben ushimira ubuyobozi bwagiye busimburana muri Rayon Sports, avuga ko yashatse gusezera mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize wa 2025 kubera ibibazo byari muri iyi kipe by’ihangana ryatutumbaga mu bayobozi b’iyi kipe ryatumye hazamo gucikamo impande.

Uyu munyamakuru avuga ko muri icyo gihe yari umukozi ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru, kandi mu nshingano ze harimo no gukomeza kurinda isura y’iyi kipe.

Avuga ko inshingano ze zatumaga agomba kwitabira inama zabaga zateguwe na Thadée Twagirayezu wari Perezida w’iyi Kipe, bigatuma abatamwemera bagirira umujinya uyu munyamakuru.

Ngabo Roben avuga ko nk’umuntu kandi yanagaragazaga ibitekerezo bye byafasha Rayon Sports kuva muri ibyo bibazo nko kuba atarifuzaga ko Murenzi Abdallah yaba CEO wayo, ariko yabitanga, na we bakamufata nk’uwamaze gufata uruhande.

Avuga ko ubwo abayobozi barimo Murenzi bazaga muri iyi kipe, uyu wagizwe umuyobozi, yamwegereye akamuhumuriza amubwira ko ikibazanye ari ukubaka ikipe, ariko hakaba hari abaca ruhinganyuma bakamujya mu matwi babateranya.

Ati “Murenzi Abdallah we ku giti cye simbubona nk’umuntu mubi, nzanabigarukaho […] anabaye umuyobozi uhoraho ntacyo byaba bitwaye, ni umunyamwuga, gusa afite entourage [abamukikije] mbi, na we njya ndeba nkabona atabasha kuyigobotora kubera impamvu zinyuranye, arayikeneye, mu buryo bw’amikoro…”

Ngabo avuga ko icyatumye ashaka gusezera akazi mu mpera z’umwaka ushize, ari imwe muri radio zikorera mu Rwanda, yamugabyeho ibitero biremereye, bitwaje ibyavugwaga n’ubundi na bamwe muri Rayon, bavugaga ko uyu munyamakuru yafashe uruhande ahengamiyeho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − three =

Previous Post

Nyuma y’umunsi umwe Aristide wabaye Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu asezeye Basketball yahise ahabwa akazi

Next Post

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Related Posts

Nyuma y’umunsi umwe Aristide wabaye Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu asezeye Basketball yahise ahabwa akazi

Nyuma y’umunsi umwe Aristide wabaye Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu asezeye Basketball yahise ahabwa akazi

by radiotv10
11/02/2026
0

Aristide Mugabe wakiniye amakipe anyuranye ya Basketball n’iy’Igihugu yanabereye Kapiteni, yatangajwe nk’umutoza wungirije wa Kepler Basketball Club, nyuma y’amasaha macye...

APR mu biganiro bya nyuma n’umunyezamu ishobora kugura hanze y’u Rwanda

APR mu biganiro bya nyuma n’umunyezamu ishobora kugura hanze y’u Rwanda

by radiotv10
11/02/2026
0

Ikipe ya APR FC iri mu biganiro bya nyuma n’umunyezamu ukomoka muri Nigeria, Olorunleke Oluwasegun Ojo, ku buryo nta gihindutse...

Mugabe Aristide wabaye kapiteni w’Ikipe y’Igihugu yasezeye burundu basketball

Mugabe Aristide wabaye kapiteni w’Ikipe y’Igihugu yasezeye burundu basketball

by radiotv10
10/02/2026
0

Mugabe Aristide wakiniye amakipe anyuranye mu mukino wa Basketball n’iy’Igihugu yanabereye Kapiteni wayo, yatangaje ko yahagaritse burundu gukina uyu mukino...

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

by radiotv10
08/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwanze icyifuzo cy'ikipe ya Al Hilal yifuzaga ko umukino wayo na APR uri ku wa...

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

by radiotv10
08/02/2026
0

Djibouti yakiriye Inteko Rusange ya CECAFA yabereyemo amatora ya komite nshya igaragaramo Umunyarwanda Shema Fabrice usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru...

IZIHERUKA

Hatangajwe ukekwaho kugaba igitero cyahitanye abantu 9 ku ishuri muri Canada
AMAHANGA

Hatangajwe ukekwaho kugaba igitero cyahitanye abantu 9 ku ishuri muri Canada

by radiotv10
11/02/2026
0

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

11/02/2026
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

11/02/2026
Nyuma y’umunsi umwe Aristide wabaye Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu asezeye Basketball yahise ahabwa akazi

Nyuma y’umunsi umwe Aristide wabaye Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu asezeye Basketball yahise ahabwa akazi

11/02/2026
Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

11/02/2026
Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

11/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ukekwaho kugaba igitero cyahitanye abantu 9 ku ishuri muri Canada

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.