Polisi ya Canada (RCMP) yatangaje ko abantu icyenda bishwe mu gitero cy’amasasu cyabereye ku ishuri ryisumbuye rya Tumbler Ridge, mu ntara ya British Columbia, ndetse n’ikindi cyabereye hafi yaryo, bikekwa ko cyagabwe n’umuntu w’umugore.
Polisi yatangaje ko ukekwaho kugaba iki gitero na we yasanzwe yapfiriye ku ishuri, bikekwa ko yiyahuye.
Muri iki gitero cyabereye ahacumbikirwa abanyeshuri b’ishuri ryisumbuye, abandi bantu barenga 26 bakomeretse.
Polisi ivuga ko yitabajwe ahagana saa saba n’iminota 20 z’amanywa ku isaha yo muri ako gace (13:20), basanga abantu batandatu bapfuye imbere mu ishuri, mu gihe uwa karindwi yapfiriye mu nzira ajyanwa kwa muganga.
Ni mu gihe indi mirambo ibiri y’abandi bantu yaje kuboneka mu nzu iri hafi y’ishuri, polisi ikemeza ko iyo nzu ifitanye isano n’iki gitero.
Inzego z’umutekano zasobanuye ko ukekwaho kugaba igitero ari umugore wari wambaye ikanzu. Bavuze ko bamenye uwo muntu, ariko izina rye ntiriratangazwa ku mugaragaro.
Polisi ntiyigeze yemeza niba mu bapfiriye ku ishuri harimo abana cyangwa abanyeshuri.
Hagati aho, Minisitiri w’Intebe wa Canada, Mark Carney, yahagaritse urugendo yari yagiriye mu Budage, aho yagombaga kwitabira Inama Mpuzamahanga ku Mutekano ibera i Munich, nyuma yo kumenyeshwa inkuru y’iki gitero, nk’uko byatangajwe n’ibiro bye.
Mu butumwa yashyize ku rubuga nkoranyambaga X, Carney yavuze ko yababajwe cyane n’ibyabaye.
Yagize ati: “Amasengesho yanjye n’akababaro kanjye kose biri kumwe n’imiryango n’inshuti zabuze ababo muri ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi biteye ubwoba.”
Abayobozi batandukanye hirya no hino ku isi batangaje ko bifatanyije na Canada muri ibi bihe bikomeye. Ku ikubitiro, Emmanuel Macron, Perezida w’u Bufaransa, yavuze ko yababajwe bikomeye n’igitero cyabereye ku ishuri i Tumbler Ridge, yihanganisha imiryango y’abapfuye, abakomeretse n’abarezi, anemeza ko u Bufaransa buhagaze hamwe na Canada.
Anthony Albanese, Minisitiri w’Intebe wa Australia, yatangaje ko yatunguwe kandi akababazwa cyane n’iki gitero, yihanganisha Abanyakanada bose bagizweho ingaruka n’iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi.
Edgars Rinkēvičs, Perezida wa Letoniya, yavuze ko yababajwe bikomeye n’inkuru y’iri raswa, yihanganisha imiryango n’inshuti z’ababuze ababo, anifuriza abakomeretse gukira vuba.
Ulf Kristersson, Minisitiri w’Intebe wa Suwede, yavuze ko yatewe ubwoba n’iki gitero, anihanganisha ababuze ababo, yemeza ko Suwede ihagaze hamwe na Canada muri ibi bihe bikomeye.
Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10










