Thursday, February 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

radiotv10by radiotv10
12/02/2026
in SIPORO
0
Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru Rutamu Elie Joe na Rugimbana Theogene bamenyekanye mu biganiro bya siporo mu Rwanda, bakaba bamaze igihe batumvikana muri uyu mwuga, bagiye kongera guhurira mu kiganiro na cyo cya siporo kizajya gitambuka ku mbuga nkoranyambaga.

Rugimbana na Rutamu, ni amazina azwi mu itangazamakuru, byumwihariko mu biganiro bya siporo, aho uretse kuba aba banyamakuru barakunzwe na benshi, bigeze no gukorana mu kiganiro kizwi nka Trace Foot bakoraga kuri Radio one.

Aba bombi bamaze igihe batumvikana mu itangazamakuru ryo mu Rwanda, ndetse batanaba muri iki Gihugu, aho bakomereje ubuzima hanze yacyo gushakisha imibereho mu bindi bitari itangazamakuru.

Abakunzi ba siporo, bagaragaje kenshi ko bifuza kongera kumva aba banyamakuru, ari na byo byatumye batekereza uburyo basubiza ibyifuzo byabo.

Rugimbana Theogene ubu utuye muri Korea, yabwiye ikinyamakuru cyitwa Igihe ko nyuma yo kugaragarizwa ko abakunzi be na Rutamu bifuza kongera kubumva, batekereje uburyo basubiza icyifuzo cyabo.

Yagize ati “twaje kwimuka, ntuye muri Korea we [Rutamu] atuye muri America. Twaraganiriye dushaka uko twakongera guhura n’abakunzi bacu ariko tukajya n’ubundi tuganira imikino.”

Avuga ko uburyo babonye bushoboka bwo gukora iki kiganiro, ari ukwifashisha imbuga nkoranyambaga, zimaze kuba umuyoboro ugera kuri benshi, byumwihariko bakazajya bakoresha urubuga rwa TikTok.

Rugimbana ati “Njye byabaye amahire ko hano ndi TikTok ibasha kwinjiza amafaranga kandi na Rutamu aho ari byemewe.”

Iki kiganiro kizajya gikorwa n’aba banyamakuru bafite amazina akomeye, kizajya kiba buri munsi ku isaaha ya saa cyenda z’umugoroba mu masaha yo mu Rwanda, aho bazajya n’ubundi basesengura amakuru ya siporo nk’ibintu bamenyekanyeho.

Rugimbana Theogene
Rutamu Elie Joe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + seventeen =

Previous Post

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

Related Posts

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

by radiotv10
11/02/2026
0

Ngabo Roben wari umukozi ushinzwe itumanaho muri Rayon Sports, yatangaje ko atirukanywe n’ubuyobozi bw’iyi kipe nk'uko bamwe babiketse, ariko ko...

Nyuma y’umunsi umwe Aristide wabaye Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu asezeye Basketball yahise ahabwa akazi

Nyuma y’umunsi umwe Aristide wabaye Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu asezeye Basketball yahise ahabwa akazi

by radiotv10
11/02/2026
0

Aristide Mugabe wakiniye amakipe anyuranye ya Basketball n’iy’Igihugu yanabereye Kapiteni, yatangajwe nk’umutoza wungirije wa Kepler Basketball Club, nyuma y’amasaha macye...

APR mu biganiro bya nyuma n’umunyezamu ishobora kugura hanze y’u Rwanda

APR mu biganiro bya nyuma n’umunyezamu ishobora kugura hanze y’u Rwanda

by radiotv10
11/02/2026
0

Ikipe ya APR FC iri mu biganiro bya nyuma n’umunyezamu ukomoka muri Nigeria, Olorunleke Oluwasegun Ojo, ku buryo nta gihindutse...

Mugabe Aristide wabaye kapiteni w’Ikipe y’Igihugu yasezeye burundu basketball

Mugabe Aristide wabaye kapiteni w’Ikipe y’Igihugu yasezeye burundu basketball

by radiotv10
10/02/2026
0

Mugabe Aristide wakiniye amakipe anyuranye mu mukino wa Basketball n’iy’Igihugu yanabereye Kapiteni wayo, yatangaje ko yahagaritse burundu gukina uyu mukino...

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

by radiotv10
08/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwanze icyifuzo cy'ikipe ya Al Hilal yifuzaga ko umukino wayo na APR uri ku wa...

IZIHERUKA

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana
SIPORO

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

by radiotv10
12/02/2026
0

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

12/02/2026
Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

11/02/2026
Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

11/02/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

11/02/2026
Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

11/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.