Thursday, February 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

radiotv10by radiotv10
12/02/2026
in SIPORO
0
Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru Rutamu Elie Joe na Rugimbana Theogene bamenyekanye mu biganiro bya siporo mu Rwanda, bakaba bamaze igihe batumvikana muri uyu mwuga, bagiye kongera guhurira mu kiganiro na cyo cya siporo kizajya gitambuka ku mbuga nkoranyambaga.

Rugimbana na Rutamu, ni amazina azwi mu itangazamakuru, byumwihariko mu biganiro bya siporo, aho uretse kuba aba banyamakuru barakunzwe na benshi, bigeze no gukorana mu kiganiro kizwi nka Trace Foot bakoraga kuri Radio one.

Aba bombi bamaze igihe batumvikana mu itangazamakuru ryo mu Rwanda, ndetse batanaba muri iki Gihugu, aho bakomereje ubuzima hanze yacyo gushakisha imibereho mu bindi bitari itangazamakuru.

Abakunzi ba siporo, bagaragaje kenshi ko bifuza kongera kumva aba banyamakuru, ari na byo byatumye batekereza uburyo basubiza ibyifuzo byabo.

Rugimbana Theogene ubu utuye muri Korea, yabwiye ikinyamakuru cyitwa Igihe ko nyuma yo kugaragarizwa ko abakunzi be na Rutamu bifuza kongera kubumva, batekereje uburyo basubiza icyifuzo cyabo.

Yagize ati “twaje kwimuka, ntuye muri Korea we [Rutamu] atuye muri America. Twaraganiriye dushaka uko twakongera guhura n’abakunzi bacu ariko tukajya n’ubundi tuganira imikino.”

Avuga ko uburyo babonye bushoboka bwo gukora iki kiganiro, ari ukwifashisha imbuga nkoranyambaga, zimaze kuba umuyoboro ugera kuri benshi, byumwihariko bakazajya bakoresha urubuga rwa TikTok.

Rugimbana ati “Njye byabaye amahire ko hano ndi TikTok ibasha kwinjiza amafaranga kandi na Rutamu aho ari byemewe.”

Iki kiganiro kizajya gikorwa n’aba banyamakuru bafite amazina akomeye, kizajya kiba buri munsi ku isaaha ya saa cyenda z’umugoroba mu masaha yo mu Rwanda, aho bazajya n’ubundi basesengura amakuru ya siporo nk’ibintu bamenyekanyeho.

Rugimbana Theogene
Rutamu Elie Joe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 3 =

Previous Post

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Next Post

Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

Related Posts

Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

by radiotv10
12/02/2026
0

Inter Miami CF yatangaje ko umukino wa gicuti wagombaga kuyihuza na Independiente del Valle muri Puerto Rico wasubitsweho ibyumweru bibiri,...

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

by radiotv10
12/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League, bwashyize hanze urutonde rw’ibigo bitanu by’amaradiyo yemerewe kogeza imikino mu buryo bw’amajwi. Iri tangazo ryashyizwe...

Haravugwa isezera ry’abandi bakozi ba Rayon Sports

Haravugwa isezera ry’abandi bakozi ba Rayon Sports

by radiotv10
12/02/2026
0

Abandi bakozi babiri b’ikipe ya Rayon Sports basezeye, nyuma ya Ngabo Roben wari ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru by’iyi kipe, wafashe icyemezo...

Umugore wa rutahizamu Lewandowski akomeje intego ye yo kumufasha kugumana umubiri wubakitse

Umugore wa rutahizamu Lewandowski akomeje intego ye yo kumufasha kugumana umubiri wubakitse

by radiotv10
12/02/2026
0

Anna Lewandowska, umugore wa rutahizamu wa FC Barcelona Robert Lewandowski, avuga ko agikomeje gufasha umugabo we kugira umubiri wubakitse. Iyi...

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

by radiotv10
11/02/2026
0

Ngabo Roben wari umukozi ushinzwe itumanaho muri Rayon Sports, yatangaje ko atirukanywe n’ubuyobozi bw’iyi kipe nk'uko bamwe babiketse, ariko ko...

IZIHERUKA

Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite
FOOTBALL

Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

by radiotv10
12/02/2026
0

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

12/02/2026
Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

12/02/2026
Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

12/02/2026
Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

12/02/2026
BREAKING: Bwa mbere ku Kibuga cy’Indege cya Goma haguye indege kuva AFC/M23 yahafata

BREAKING: Bwa mbere ku Kibuga cy’Indege cya Goma haguye indege kuva AFC/M23 yahafata

12/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.