Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Haravugwa isezera ry’abandi bakozi ba Rayon Sports

radiotv10by radiotv10
12/02/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Haravugwa isezera ry’abandi bakozi ba Rayon Sports
Share on FacebookShare on Twitter

Abandi bakozi babiri b’ikipe ya Rayon Sports basezeye, nyuma ya Ngabo Roben wari ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru by’iyi kipe, wafashe icyemezo cyo gusezera ku mpamvu agaragaza ko yabonaga ubuyobozi bw’iyi kipe bushaka kumusimbuza undi.

Abandi babiri basezeye muri iyi kipe, nk’uko bivugwa n’abakurikiranira hafi amakuru yo muri Rayon, ni Uwimpuhwe Liliane wari Umuyobozi Mukuru (CEO) ndetse na Ishimwe Prince wari umukozi ushinzwe umutekano ku bibuga.

Kugeza ubu ubuyobozi bw’iyi kipe ntacyo buravuga ku isezera ry’aba bakozi bayo, gusa bamwe mu bakurikiranira hafi ubuzima bwayo, bavuga ko hari bamwe mu bavangira ubuyobozi bukuru bwayo.

Umunyamakuru Ngabo Roben ukorera RADIOTV10, hirya y’ejo hashize watangaje ko yasezeye ku nshingano ze, mu kiganiro yatanze kuri uyu wa Gatatu nyuma y’isezera rye, yavuze ko Perezida wa Komite y’inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, ubundi ari umuyobozi mwiza, ariko ko abamuri hafi bamuvangira, kandi akaba abakeneye, ku buryo hari ibyemezo afata na we abona ko bitari bikwiye, ahubwo ari amaburakindi.

Uyu munyamakuru aganira na Radio 10, ubwo yagarukaga kuri iki kibazo, aygize ati “Murenzi Abdallah we ku giti cye simbubona nk’umuntu mubi, nzanabigarukaho […] anabaye umuyobozi uhoraho ntacyo byaba bitwaye, ni umunyamwuga, gusa afite entourage [abamukikije] mbi, na we njya ndeba nkabona atabasha kuyigobotora kubera impamvu zinyuranye, arayikeneye, mu buryo bw’amikoro…”

Uyu munyamakuru wasezeye ku nshingano ze yakoreye Rayon Sports mu gihe cy’imyaka itandatu, yavuze ko nubwo yatanguranywe agasezera, ariko n’ubundi nk’umuntu mukuru yabonaga icyerekezo cy’iyi kipe, kitari mu murongo wo kuba bagumana.

Yagize ati “Ubuyobozi bwa Rayon Sports ntabwo bwanyirukanye, ariko ubuyobozi bwa Rayon Sports bwanyeretse ko bifuzaga ibitandukanye n’ibyo nsanzwe mbakorera. Banyeretse ko bakwifuza kugira wenda undi.”

Uyu munyamakuru avuga ko yananijwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe, ku buryo yabonaga hari ibindi bibyihishe inyuma, bigatuma afata icyemezo cyo gusezera.

Uwimpuhwe Liliane wari Umuyobozi Mukuru (CEO) biravugwa ko yasezeye

Na Ishimwe wari ushinzwe umutekano mu bibuga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + eleven =

Previous Post

Umugore wa rutahizamu Lewandowski akomeje intego ye yo kumufasha kugumana umubiri wubakitse

Next Post

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje
MU RWANDA

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k'inzoga zitemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.