Abandi bakozi babiri b’ikipe ya Rayon Sports basezeye, nyuma ya Ngabo Roben wari ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru by’iyi kipe, wafashe icyemezo cyo gusezera ku mpamvu agaragaza ko yabonaga ubuyobozi bw’iyi kipe bushaka kumusimbuza undi.
Abandi babiri basezeye muri iyi kipe, nk’uko bivugwa n’abakurikiranira hafi amakuru yo muri Rayon, ni Uwimpuhwe Liliane wari Umuyobozi Mukuru (CEO) ndetse na Ishimwe Prince wari umukozi ushinzwe umutekano ku bibuga.
Kugeza ubu ubuyobozi bw’iyi kipe ntacyo buravuga ku isezera ry’aba bakozi bayo, gusa bamwe mu bakurikiranira hafi ubuzima bwayo, bavuga ko hari bamwe mu bavangira ubuyobozi bukuru bwayo.
Umunyamakuru Ngabo Roben ukorera RADIOTV10, hirya y’ejo hashize watangaje ko yasezeye ku nshingano ze, mu kiganiro yatanze kuri uyu wa Gatatu nyuma y’isezera rye, yavuze ko Perezida wa Komite y’inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, ubundi ari umuyobozi mwiza, ariko ko abamuri hafi bamuvangira, kandi akaba abakeneye, ku buryo hari ibyemezo afata na we abona ko bitari bikwiye, ahubwo ari amaburakindi.
Uyu munyamakuru aganira na Radio 10, ubwo yagarukaga kuri iki kibazo, aygize ati “Murenzi Abdallah we ku giti cye simbubona nk’umuntu mubi, nzanabigarukaho […] anabaye umuyobozi uhoraho ntacyo byaba bitwaye, ni umunyamwuga, gusa afite entourage [abamukikije] mbi, na we njya ndeba nkabona atabasha kuyigobotora kubera impamvu zinyuranye, arayikeneye, mu buryo bw’amikoro…”
Uyu munyamakuru wasezeye ku nshingano ze yakoreye Rayon Sports mu gihe cy’imyaka itandatu, yavuze ko nubwo yatanguranywe agasezera, ariko n’ubundi nk’umuntu mukuru yabonaga icyerekezo cy’iyi kipe, kitari mu murongo wo kuba bagumana.
Yagize ati “Ubuyobozi bwa Rayon Sports ntabwo bwanyirukanye, ariko ubuyobozi bwa Rayon Sports bwanyeretse ko bifuzaga ibitandukanye n’ibyo nsanzwe mbakorera. Banyeretse ko bakwifuza kugira wenda undi.”
Uyu munyamakuru avuga ko yananijwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe, ku buryo yabonaga hari ibindi bibyihishe inyuma, bigatuma afata icyemezo cyo gusezera.



RADIOTV10









