Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

radiotv10by radiotv10
12/02/2026
in MU RWANDA
0
Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe
Share on FacebookShare on Twitter

Abari mu bugenzuzi bwo gutahura abacuruza inzoga z’inkorano mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bababajwe no gusanga abana babiri barimo uwiga mu mashuri abanza, bari mu kabari banywa izo nzoga, banenga umucuruzi watinyutse kuzibaha.

Aba bana bari basibye ishuri, basanzwe mu kabari gaherereye mu Kagari ka Kamashangi muri uriya Murnege wa Kamembe, barimo umwe wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza, undi mu wa kabiri w’ayisumbuye.

Abari muri ubu bugenzuri bwakorwaga ku bufatanye bw’Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu Murenge wa Kamembe n’iz’umutekano, bavuga ko bababajwe no kuba umucuruzi w’ako kabari atinyuka gukora ruriya ruvangitirane rw’amakosa.

Umwe waganiriye n’ikinyamakuru cyitwa Imvaho Nshya, yagize ati “Ni ibintu byatubabaje twese, twibaza uburyo umuntu ucuruza akabari, akora amakosa yo gucuruza ibitujuje ubuziranenge, mu masaha y’igitondo, y’akazi kuko hari mu ma saa tanu n’igice z’amanywa, akanagerekaho kwemerera abana azi neza ko bagiye ku ishuri, anarituriye, kunywa inzoga, nk’umubyeyi na we ngo agire icyo abikoraho.”

Nyiri ako kabari ufite imyaka 35, yahise acika, mu gihe inzego zahise zitangira kumushakisha kugira ngo ashyikirizwe inzego zibishinzwe, mu gihe litiro 300 z’inzoga z’inzoga z’inkorano zariho zinanyobwa n’aba banyeshuri, zahise zimenwa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Ingabire Joyeux, avuga ko aba bana bahise baganirizwa bakibutswa ibindi byo kunywa inzoga no gusiba ishuri, bagasabwa kutazabisubira.

Yagize ati “Turakomeza gukurikirana niba nta bandi bana bata cyangwa basiba ishuri bagiye mu biyobyabwenge.’’

Uyu muyobozi kandi yaboneyeho gusaba abafite utubari kwirinda kugwa mu makosa nk’ayo yo guha inzoga abana, ahubwo ko mu gihe hari abo babonye basibye ishuri, bajya babagira inama za kibyeyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + five =

Previous Post

Haravugwa isezera ry’abandi bakozi ba Rayon Sports

Next Post

BREAKING: Bwa mbere ku Kibuga cy’Indege cya Goma haguye indege kuva AFC/M23 yahafata

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Bwa mbere ku Kibuga cy’Indege cya Goma haguye indege kuva AFC/M23 yahafata

BREAKING: Bwa mbere ku Kibuga cy’Indege cya Goma haguye indege kuva AFC/M23 yahafata

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.