Indege yo mu bwoko bwa kajugujugu itwaye Vivian van de Perre, Intumwa Yihariye y’Umunyabanga Mukuru wa UN, akaba n’Umuyobozi w’Agateganyo wa MONUSCO, yaguye ku kibuga cy’Indege cya Goma, iba iya mbere ihaguye kuva muri Mutarama 2025 ubwo uyu mujyi wafatwaga na AFC/M23.
Iyi ndege yaguye ku Kibuga cy’Indege cya Goma kuri uyu wa Kane tariki 12 Gashyantare, aho uyu Muyobozi w’Agateganyo wa MONUSCO agenzwa no gushyigikira ibikorwa bo kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge.
Vivian van de Perre, yavuze ko kuba ageze kuri iki kibuga cy’Indege cya Goma azanywe n’indege ihaguye bwa mbere kuva muri Mutarama 2026, ari ikimenyetso cy’intambwe nziza itewe.
Yagize ati “Ku ya 26 Mutarama 2025, nari mu ndege ya nyuma yaguye ku kibuga cy’indege cya Goma. Kandi uyu munsi, ndi muri kajugujugu ya mbere yongeye kuhagwa. Nizeye ko iyi ari intangiriro yo gufungura buhoro buhoro ikibuga cy’indege cya Goma ku bw’inyungu z’abaturage.”
Uku gusubukura ibikorwa biri mu nshingano za MONUSCO bigenwa n’Umwanzuro 2808 (2025) w’Inteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro n’Umutekano ku Isi.
Uyu mwanzuro uha inshingano MONUSCO gutanga ubufasha mu gukurikirana no kugenzura ishyirwa mu bikorwa iyubahirizwa ry’agahenge ko guhagarika imirwano, binyuze mu bikorwa by’urwego ruhuriweho EJVM+ (Expanded Joint Verification Mechanism Plus)
Vivian van de Perre yavuze ko intambwe zikurikiraho zizaba zijyanye n’abashinzwe ibya tekiniki ndetse n’ibya gisirikare. MONUSCO kandi ifite inshingano zo kuzagenzura ibikorwa by’indege mu Mujyi wa Uvira mu minsi iri imbere, nk’intangiriro yo gushyira mu bikorwa inshingano yahawe.
Urugendo rwa Vivian van de Perre i Goma rugamije kuganira n’abafatanyabikorwa bazagira uruhare mu gutegura ibikorwa binyuranye birimo ubuhuzabikorwa, n’itumanaho, bizaba imbarutso yo kugera ku guhagarika imirwano.
Uyu muyobozi muri Loni yashimangiye ko gushyigikira ibyemezo byo guhagarika imirwano no gusubukura ibikorwa byose bizashingira ku masezerano yemejwe n’urwego rubifitiye ububasha.


RADIOTV10










