Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Bwa mbere ku Kibuga cy’Indege cya Goma haguye indege kuva AFC/M23 yahafata

radiotv10by radiotv10
12/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Bwa mbere ku Kibuga cy’Indege cya Goma haguye indege kuva AFC/M23 yahafata
Share on FacebookShare on Twitter

Indege yo mu bwoko bwa kajugujugu itwaye Vivian van de Perre, Intumwa Yihariye y’Umunyabanga Mukuru wa UN, akaba n’Umuyobozi w’Agateganyo wa MONUSCO, yaguye ku kibuga cy’Indege cya Goma, iba iya mbere ihaguye kuva muri Mutarama 2025 ubwo uyu mujyi wafatwaga na AFC/M23.

Iyi ndege yaguye ku Kibuga cy’Indege cya Goma kuri uyu wa Kane tariki 12 Gashyantare, aho uyu Muyobozi w’Agateganyo wa MONUSCO agenzwa no gushyigikira ibikorwa bo kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge.

Vivian van de Perre, yavuze ko kuba ageze kuri iki kibuga cy’Indege cya Goma azanywe n’indege ihaguye bwa mbere kuva muri Mutarama 2026, ari ikimenyetso cy’intambwe nziza itewe.

Yagize ati “Ku ya 26 Mutarama 2025, nari mu ndege ya nyuma yaguye ku kibuga cy’indege cya Goma. Kandi uyu munsi, ndi muri kajugujugu ya mbere yongeye kuhagwa. Nizeye ko iyi ari intangiriro yo gufungura buhoro buhoro ikibuga cy’indege cya Goma ku bw’inyungu z’abaturage.”

Uku gusubukura ibikorwa biri mu nshingano za MONUSCO bigenwa n’Umwanzuro 2808 (2025) w’Inteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro n’Umutekano ku Isi.

Uyu mwanzuro uha inshingano MONUSCO gutanga ubufasha mu gukurikirana no kugenzura ishyirwa mu bikorwa iyubahirizwa ry’agahenge ko guhagarika imirwano, binyuze mu bikorwa by’urwego ruhuriweho EJVM+ (Expanded Joint Verification Mechanism Plus)

Vivian van de Perre yavuze ko intambwe zikurikiraho zizaba zijyanye n’abashinzwe ibya tekiniki ndetse n’ibya gisirikare. MONUSCO kandi ifite inshingano zo kuzagenzura ibikorwa by’indege mu Mujyi wa Uvira mu minsi iri imbere, nk’intangiriro yo gushyira mu bikorwa inshingano yahawe.

Urugendo rwa Vivian van de Perre i Goma rugamije kuganira n’abafatanyabikorwa bazagira uruhare mu gutegura ibikorwa binyuranye birimo ubuhuzabikorwa, n’itumanaho, bizaba imbarutso yo kugera ku guhagarika imirwano.

Uyu muyobozi muri Loni yashimangiye ko gushyigikira ibyemezo byo guhagarika imirwano no gusubukura ibikorwa byose bizashingira ku masezerano yemejwe n’urwego rubifitiye ububasha.

Ubwo indege izanye Vivian van de Perre yari igiye kururuka ku Kibuga cy’Indege cya Goma
Vivian van de Perre ubwo yari ageze ku Kibuga cy’Indege cya Goma

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + eleven =

Previous Post

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

Next Post

Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.