Thursday, February 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

radiotv10by radiotv10
12/02/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite
Share on FacebookShare on Twitter

Inter Miami CF yatangaje ko umukino wa gicuti wagombaga kuyihuza na Independiente del Valle muri Puerto Rico wasubitsweho ibyumweru bibiri, nyuma y’uko rutahizamu w’ikirangirire Lionel Messi agize imvune y’imitsi yo mu itako (hamstring) ku kuguru kw’ibumoso.

Iyi mvune Messi yayikuye mu mukino wa gicuti Inter Miami yakinnye na Barcelona SC ku wa 7 Gashyantare. Nubwo yari yabanje mu kibuga, yasohotse ku munota wa 58. Iyi mvune yatumye hibazwa niba azabasha kugaragara mu mukino wa mbere wa shampiyona ya MLS, aho Inter Miami izahura na Los Angeles FC ku wa 21 Gashyantare kuri Stade ya Los Angeles Memorial Coliseum.

Mu itangazo ryasohowe na Inter Miami, bavuze ko bafashe icyemezo cyo kwimura umukino bari bafitanye na Independiente del Valle mu rwego rwo kuganira n’abategura ibirori ndetse na Guverinoma ya Puerto Rico, hagamijwe guha abafana umwanya wo kwakira ko batazabona Lionel Messi mu kibuga. Nubwo wahinduriwe itariki, umukino uzakomeza kubera kuri Estadio Juan Ramón Loubriel, aho bazakina na Independiente del Valle nk’uko byari biteganyijwe.

Ku wa 11 Gashyantare, Messi ntiyitabiriye imyitozo kubera iyi mvune. Ibizamini bya muganga byemeje ko ari imvune yo mu itako, kandi ubuyobozi bw’ikipe bwatangaje ko azagaruka mu myitozo bitewe n’uko azaba ameze mu minsi iri imbere.

Messi na we yagejeje ubutumwa ku bafana abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, abasobanurira ko iyi mvune ari yo yatumye asohoka mu kibuga hakiri kare muri Ecuador. Yavuze ko we, ikipe ndetse n’abateguye umukino bahisemo kuwusubika kugira ngo abashe gukira neza, anashimira abafana ku nkunga bakomeje kumuha.

Uwo mukino wa gicuti wari uteganyijwe ku wa 13 Gashyantare uzakinwa ku wa 26 Gashyantare, nyuma gato y’itangira rya shampiyona ya MLS ya 2026.

Si ubwa mbere Messi asiba imikino ya gicuti kubera imvune, kuko no mu 2024 yasibye umukino wari kubera i Hong Kong, ibintu byateye umujinya abafana, bamwe bagasaba gusubizwa amafaranga yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

Next Post

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

by radiotv10
12/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League, bwashyize hanze urutonde rw’ibigo bitanu by’amaradiyo yemerewe kogeza imikino mu buryo bw’amajwi. Iri tangazo ryashyizwe...

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

by radiotv10
12/02/2026
0

Abanyamakuru Rutamu Elie Joe na Rugimbana Theogene bamenyekanye mu biganiro bya siporo mu Rwanda, bakaba bamaze igihe batumvikana muri uyu...

Haravugwa isezera ry’abandi bakozi ba Rayon Sports

Haravugwa isezera ry’abandi bakozi ba Rayon Sports

by radiotv10
12/02/2026
0

Abandi bakozi babiri b’ikipe ya Rayon Sports basezeye, nyuma ya Ngabo Roben wari ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru by’iyi kipe, wafashe icyemezo...

Umugore wa rutahizamu Lewandowski akomeje intego ye yo kumufasha kugumana umubiri wubakitse

Umugore wa rutahizamu Lewandowski akomeje intego ye yo kumufasha kugumana umubiri wubakitse

by radiotv10
12/02/2026
0

Anna Lewandowska, umugore wa rutahizamu wa FC Barcelona Robert Lewandowski, avuga ko agikomeje gufasha umugabo we kugira umubiri wubakitse. Iyi...

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

by radiotv10
11/02/2026
0

Ngabo Roben wari umukozi ushinzwe itumanaho muri Rayon Sports, yatangaje ko atirukanywe n’ubuyobozi bw’iyi kipe nk'uko bamwe babiketse, ariko ko...

IZIHERUKA

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?
AMAHANGA

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

by radiotv10
12/02/2026
0

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

12/02/2026
Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

12/02/2026
Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

12/02/2026
Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

12/02/2026
Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

12/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.