Abaturage bo mu Kagari ka Cyarwa, mu Murenge wa Tumba, mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe kinini bafite ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi udafite ingufu, ku buryo badashobora kuwukoresha nk’uko bikwiye.
Aba baturage bavuga ko nubwo bafite insinga z’amashanyarazi, nta muriro ufite ingufu bahabwa, bigatuma batabasha gucana amatara, gucomeka telefone ndetse n’ibindi byuma bikenera amashanyarazi.
Mugenzi Alexis, utuye mu Mudugudu w’Agasaharu, avuga ko bari bazi ko bageze ku iterambere ryo kubona umuriro, ariko byarangiye bawufite ku izina gusa.
Ati “Twishimiye kubona insinga z’umuriro, twumva ko twateye imbere. Ariko mu by’ukuri nta cyo twawukoresha; ntidushobora no gucana itara rimwe. Telefone tujya kuyishakira umuriro ahandi, kure.”
Undi muturage witwa Niyonsaba Jean Pierre avuga ko rimwe na rimwe umuriro uza ugahita ugenda, bigatuma wangiza ibikoresho by’amashanyarazi.
Ati “Hari n’abo utwikira, ugasanga radiyo cyangwa televiziyo byangiritse bitewe no kugenda no kugaruka k’umuriro. Turasaba ko baduha umuriro ufite ingufu zihagije nk’abandi baturage.”
Mukankusi Beata we avuga ko nubwo bagejejweho umuriro, imibereho yabo itarahinduka nk’uko babyifuzaga.
Ati “Twatekerezaga ko tuzajya dukoresha firigo, machine zo gusya cyangwa izo kudoda, ariko ntibishoboka. Umuriro ni muke cyane ku buryo nta cyo twawukoresha.”
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG), ishami rya Huye, Kayibanda Omar, avuga ko iki kibazo kizwi kandi ko hari umushinga wo kuvugurura imiyoboro y’amashanyarazi.
Ati “Iki kibazo si mu Murenge wa Tumba gusa; kiri no mu yindi mirenge itandukanye igize Akarere ka Huye. Turimo gutegura umushinga wo kuvugurura imiyoboro, hasimbuzwa insinga n’amapoto bishaje, ku buryo abafite iki kibazo bazahabwa umuriro ufite ingufu zihagije.”



Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10











