Friday, February 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

radiotv10by radiotv10
13/02/2026
in MU RWANDA
0
Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Cyarwa, mu Murenge wa Tumba, mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe kinini bafite ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi udafite ingufu, ku buryo badashobora kuwukoresha nk’uko bikwiye.

Aba baturage bavuga ko nubwo bafite insinga z’amashanyarazi, nta muriro ufite ingufu bahabwa, bigatuma batabasha gucana amatara, gucomeka telefone ndetse n’ibindi byuma bikenera amashanyarazi.

Mugenzi Alexis, utuye mu Mudugudu w’Agasaharu, avuga ko bari bazi ko bageze ku iterambere ryo kubona umuriro, ariko byarangiye bawufite ku izina gusa.

Ati “Twishimiye kubona insinga z’umuriro, twumva ko twateye imbere. Ariko mu by’ukuri nta cyo twawukoresha; ntidushobora no gucana itara rimwe. Telefone tujya kuyishakira umuriro ahandi, kure.”

Undi muturage witwa Niyonsaba Jean Pierre avuga ko rimwe na rimwe umuriro uza ugahita ugenda, bigatuma wangiza ibikoresho by’amashanyarazi.

Ati “Hari n’abo utwikira, ugasanga radiyo cyangwa televiziyo byangiritse bitewe no kugenda no kugaruka k’umuriro. Turasaba ko baduha umuriro ufite ingufu zihagije nk’abandi baturage.”

Mukankusi Beata we avuga ko nubwo bagejejweho umuriro, imibereho yabo itarahinduka nk’uko babyifuzaga.

Ati “Twatekerezaga ko tuzajya dukoresha firigo, machine zo gusya cyangwa izo kudoda, ariko ntibishoboka. Umuriro ni muke cyane ku buryo nta cyo twawukoresha.”

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG), ishami rya Huye, Kayibanda Omar, avuga ko iki kibazo kizwi kandi ko hari umushinga wo kuvugurura imiyoboro y’amashanyarazi.

Ati “Iki kibazo si mu Murenge wa Tumba gusa; kiri no mu yindi mirenge itandukanye igize Akarere ka Huye. Turimo gutegura umushinga wo kuvugurura imiyoboro, hasimbuzwa insinga n’amapoto bishaje, ku buryo abafite iki kibazo bazahabwa umuriro ufite ingufu zihagije.”

Bavuga ko uyu muriro nta mbaraga ufite
Basaba ko hagira igikorwa

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 10 =

Previous Post

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

Related Posts

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

by radiotv10
12/02/2026
0

Abari mu bugenzuzi bwo gutahura abacuruza inzoga z’inkorano mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bababajwe no...

Intumwa z’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya RDF zasuye Kaminuza y’Igisirikare cya Kazakhstan

Intumwa z’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya RDF zasuye Kaminuza y’Igisirikare cya Kazakhstan

by radiotv10
12/02/2026
0

Itsinda ry’intumwa ziturutse mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ‘RDFCSC Nyakinama’, ziyobowe na Brig Gen Andrew Nyamvumba, riri mu rugendo shuri...

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

by radiotv10
12/02/2026
0

Abaturage bo mu Karere ka Gisagara bavuga ko isoko ry’aka Karere ridakwiye kwitwa irya kijyambere, kuko ryubatswe mu buryo butajyanye...

Abapolisi b’u Rwanda bongeye kwitwara neza mu irushanwa ry’abafite ubumenyi budasanzwe ‘UAE SWAT Challenge’

Abapolisi b’u Rwanda bongeye kwitwara neza mu irushanwa ry’abafite ubumenyi budasanzwe ‘UAE SWAT Challenge’

by radiotv10
12/02/2026
0

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda ya mbere (RNP SWAT Team 1) yegukanye umwanya wa gatatu mu cyiciro cyo kunyura mu...

Why Being Alone Sometimes Is Healthier Than Being Surrounded by People

Why Being Alone Sometimes Is Healthier Than Being Surrounded by People

by radiotv10
12/02/2026
0

Modern society often celebrates being busy and social. People are expected to attend events, respond quickly to messages, and always...

IZIHERUKA

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika
MU RWANDA

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

by radiotv10
13/02/2026
0

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

13/02/2026
Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

12/02/2026
Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

12/02/2026
Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

12/02/2026
Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

12/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.