Abakorera ubuhinzi bw’imbuto mu cyanya gihuriweho n’Imirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bataka ibihombo baterwa n’imbuto zangirikira mu mirima n’izibwa, bagasaba ko Leta yabafasha kubona isoko, cyangwa bakabona uruganda bakajya bongerera agaciro umusaruro wabo.
Ni icyanya gihingwamo imbuto zitandukanye n’abahinzi bo mu Mirenge ya Kabarondo, Murama n’igice gito cy’Umurenge wa Remera wo mu Karere ka Ngoma. Ibifenesi ni byo byamaze kwera ariko ntibirabonerwa isoko, ibintu bituma hari aho abajura babyiba.
Icyo aba bahinzi bahurizaho ni ugusaba ko bakegerezwa uruganda rwakongera agaciro izi mbuto cyangwa bagashakirwa isoko.
Uwitwa Ernestine ati: “Ibifenesi barabyiba cyane. Byaba byiza baduhaye uruganda tugakuramo umutobe tukiteza imbere.”
Undi witwa Uwingabire Janviere yunzemo ati: “Barabyiba rwose. Nk’ubu mfite ibifenesi birenze mirongo itanu ariko nta na kimwe ndaryaho, kandi byera buri gihe. Tubonye batabyiba byatugirira umumaro. Wenda bakadushakira nk’uruganda rubitunganya bakajya babikamura.”
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza w’Agateganyo, Hategekimana Fred, arasobanura ko hari gutekerezwa uburyo bwo kubika izi mbuto hashyirwaho icyumba gikonjesha (cold room) kizabafasha kuzibika mu buryo burambye, ku buryo zizarindwa kwangirika mbere yo gushakirwa isoko.
Ati: “Iririmo gutekerezwa ku bufatanye n’abafatanyabikorwa ni ukureba uburyo hajyaho icyo twita cold room (icyumba gikonjesha kibika imbuto igihe kirekire), ku buryo zishobora kubikwa neza kandi zigafata igihe kirekire zitangiritse. Uzaza kuzigura cyangwa kuzirangura azajya azisanga ahabugenewe atazisanze mu murima. Icyo ni cyo turimo gukoraho nk’ubuyobozi, kandi turabona ko kiri kubonerwa igisubizo.”
Akomeza avuga ko no ku bijyanye n’isoko hari gukorana n’ibigo bya Leta bifite mu nshingano ubuhinzi n’ibyoherezwa mu mahanga, hagamijwe gushakira izi mbuto amasoko arambye.
Ati: “Ku bijyanye n’isoko, turakorana n’ubuyobozi bw’ibigo bya Leta bitandukanye bifite mu nshingano ubuhinzi n’ibyoherezwa mu mahanga. Turabona ko harimo igisubizo gifatika kuko hashyizweho itsinda rihuriweho n’ibyo bigo, Akarere ndetse n’abahinzi ubwabo.”
Iki cyanya cy’imbuto ziribwa cya Murama na Kabarondo gihinzweho imbuto kuri hegitari zisaga gato 1000. Abahinzi bavuga ko zimwe muri zo zabonewe isoko, ariko hakiri izikeneye gushakirwa amasoko arimo ibifenesi n’amaronji.
Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10







