Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Bavuze ibyifuzo basaba Leta kwigaho byatuma baruhuka ibihombo

radiotv10by radiotv10
13/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Bavuze ibyifuzo basaba Leta kwigaho byatuma baruhuka ibihombo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakorera ubuhinzi bw’imbuto mu cyanya gihuriweho n’Imirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bataka ibihombo baterwa n’imbuto zangirikira mu mirima n’izibwa, bagasaba ko Leta yabafasha kubona isoko, cyangwa bakabona uruganda bakajya bongerera agaciro umusaruro wabo.

Ni icyanya gihingwamo imbuto zitandukanye n’abahinzi bo mu Mirenge ya Kabarondo, Murama n’igice gito cy’Umurenge wa Remera wo mu Karere ka Ngoma. Ibifenesi ni byo byamaze kwera ariko ntibirabonerwa isoko, ibintu bituma hari aho abajura babyiba.

Icyo aba bahinzi bahurizaho ni ugusaba ko bakegerezwa uruganda rwakongera agaciro izi mbuto cyangwa bagashakirwa isoko.

Uwitwa Ernestine ati: “Ibifenesi barabyiba cyane. Byaba byiza baduhaye uruganda tugakuramo umutobe tukiteza imbere.”

Undi witwa Uwingabire Janviere yunzemo ati: “Barabyiba rwose. Nk’ubu mfite ibifenesi birenze mirongo itanu ariko nta na kimwe ndaryaho, kandi byera buri gihe. Tubonye batabyiba byatugirira umumaro. Wenda bakadushakira nk’uruganda rubitunganya bakajya babikamura.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza w’Agateganyo, Hategekimana Fred, arasobanura ko hari gutekerezwa uburyo bwo kubika izi mbuto hashyirwaho icyumba gikonjesha (cold room) kizabafasha kuzibika mu buryo burambye, ku buryo zizarindwa kwangirika mbere yo gushakirwa isoko.

Ati: “Iririmo gutekerezwa ku bufatanye n’abafatanyabikorwa ni ukureba uburyo hajyaho icyo twita cold room (icyumba gikonjesha kibika imbuto igihe kirekire), ku buryo zishobora kubikwa neza kandi zigafata igihe kirekire zitangiritse. Uzaza kuzigura cyangwa kuzirangura azajya azisanga ahabugenewe atazisanze mu murima. Icyo ni cyo turimo gukoraho nk’ubuyobozi, kandi turabona ko kiri kubonerwa igisubizo.”

Akomeza avuga ko no ku bijyanye n’isoko hari gukorana n’ibigo bya Leta bifite mu nshingano ubuhinzi n’ibyoherezwa mu mahanga, hagamijwe gushakira izi mbuto amasoko arambye.

Ati: “Ku bijyanye n’isoko, turakorana n’ubuyobozi bw’ibigo bya Leta bitandukanye bifite mu nshingano ubuhinzi n’ibyoherezwa mu mahanga. Turabona ko harimo igisubizo gifatika kuko hashyizweho itsinda rihuriweho n’ibyo bigo, Akarere ndetse n’abahinzi ubwabo.”

Iki cyanya cy’imbuto ziribwa cya Murama na Kabarondo gihinzweho imbuto kuri hegitari zisaga gato 1000. Abahinzi bavuga ko zimwe muri zo zabonewe isoko, ariko hakiri izikeneye gushakirwa amasoko arimo ibifenesi n’amaronji.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Is Valentine’s Day Only for Couples, or Can Friends Celebrate Too?

Next Post

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n'ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.