Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

radiotv10by radiotv10
08/04/2026
in MU RWANDA
0
Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu nzego za Leta, bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Burugumesitiri w’iyi komine, Bwana Benoît Cerexhe, na we yitabiriye uyu muhango, kimwe n’abadepite babiri cyangwa batatu bo mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yagiranye ikiganiro na Perezida wa Ibuka mu Bubiligi, Bwana Eugène Mutabazi, amubaza uko umuhango wo gutangiza icyunamo wagenze muri iki gihugu gifitanye umubano utifashe neza n’u Rwanda.

Mutabazi Eugène ati “Igikorwa cya mbere cyabereye muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, aho hari urwibutso rukomeye. Twatangiye saa tanu za mu gitondo, turangiza saa saba. Hari abatumirwa barimo abadepite babiri cyangwa batatu baturutse mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ndetse n’Abanyarwanda bagera kuri 500.”

Yakomeje agira ati “Aho muri iyo komine dufite urwibutso rukomeye twahawe na Woluwe-Saint-Pierre. Ni ho twagiye mu gitondo, dutangira saa tanu turangiza saa saba. Hatanzwe ubutumwa butandukanye, dushyira indabo ku rwibutso rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.”

Umunyamakuru yabajije niba hari abayobozi b’u Bubiligi bitabiriye uwo muhango, kugira ngo hamenyekane agaciro baha iki gikorwa.

Mutabazi Eugène asubiza ati “Usibye Burugumesitiri wa Woluwe-Saint-Pierre wari uhari hamwe n’umwungirije n’abakozi b’iyo komine badufashije cyane, mu bayobozi bo mu zindi nzego nta bari bahari, kandi twari twabatumiye bose.”

Umunyamakuru yongeye kubaza uko ibikorwa byo kwibuka bifatwa mu Bubiligi, cyane ko mu mwaka ushize hari imijyi nka Liège na Bruges yavuze ko itazabyitabira.

Mutabazi Eugène ati “Urebye biracyari nk’uko byari bimeze; nta mpinduka igaragara. Gusa umujyi wa Liège birashoboka ko tuzajyayo mu cyumweru gitaha, nubwo impushya zitaraboneka neza. Ariko ntiturabyizeza, bisa n’iby’umwaka ushize.”

Ku kibazo cy’imijyi igifite imbogamizi mu kwakira ibikorwa byo kwibuka, yavuze ati “Hari aho byemerwa ku munota wa nyuma, nka Charleroi, kandi ntituramenya neza niba Liège izemera. Biracyagoranye.”

Umunyamakuru yabajije niba u Bubiligi bukibangamira ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mutabazi Eugène ati “Yego, biracyahari cyane.”

Ku cyaba gitera ibi bibazo, yaba politiki iriho cyangwa Abanyarwanda bafite ingengabitekerezo ya Jenoside, yasubije ati “Ibyo byose birimo, ariko ahanini biterwa n’umubano utameze neza hagati y’u Rwanda n’u Bubiligi, kuko bacanye umubano. Hari impamvu bavuga n’izindi batavuga.”

Umunyamakuru yamubajije uko bateguye ibikorwa byo kwibuka mu minsi ijana.

Mutabazi Eugène ati “Mu kanya turakora urugendo rwo kwibuka, ruva kuri Palais Royal rugana kuri Palais de Justice. Mu cyumweru gitaha tuzajya mu yindi mijyi nka Liège, Bruges, Louvain na Luxembourg, ndetse n’ahandi. Buri cyumweru kugeza mu kwa karindwi tuzajya twibuka, kandi abantu baritabira.”

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + nine =

Previous Post

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Next Post

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

Ubutumwa bw’u Bubiligi bwo kwifatanya n’u Rwanda mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubutumwa bw’u Bubiligi bwo kwifatanya n’u Rwanda mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
07/04/2026
0

Guverinoma y’u Bubiligi iratangaza ko ku munsi wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ari n’umunsi wo kunamira no guha icyubahiro abayizize,...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge
AMAHANGA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.