Muhizi Anathole wagejeje kuri Perezida Paul Kagame ikibazo afitanye na Banki Nkuru y’u Rwanda cyerekeye inzu avuga ko ari ye yari yaraguze n’umukozi w’iyi Banki akayamburwa, nyuma akaza gufungwa, yongeye kwandikira Sena y’u Rwanda ku nshuro ya kabiri nyuma yuko ku ya mbere yari yamugiriye inama yo kwitabaza MINALOC.
Muhizi Anatole yavuzwe cyane muri Kanama 2022 ubwo Perezida Paul Kagame yari mu gikorwa cyo gusura abaturage mu Karere ka Nyamasheke, akamugezaho ikibazo cy’ibyo yitaga akarengane yakorewe na Banki Nkuru y’u Rwanda.
Icyo gihe Muhizi yavugaga BNR yafatiriye umutungo we w’inzu iherereye mu Karere ka Kamonyi yari yaraguze n’Umukozi wayo witwa Rutagengwa Jean Léon mu 2015, akaza kwiyambaza Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rukamubwira ko iyo nzu itari ingwate ya BNR.
Nyuma yaje kuregwa icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, urubanza yaregwaga hamwe na Me Katisiga Rusobanuka Emile.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyanza rwagize abere aba bombi mu rubanza rw’ubujurire dore ko bari babanje kuburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga.
Muhizi Anatole wari ufungiye mu Igororero rya Muhanga, Urukiko rwategetse ko afungurwa nyuma y’isomwa ry’uru rubanza, mu gihe Me Katisiga Rusobanuka Emile we wari ukurikiranwe ari hanze, na we yagizwe umwere.
Ubushinjacyaha bwamuregaga icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, aho bwavugaga ko yakoresheje nimero za telefoni z’umuntu zimwanditseho, agasaba icyangombwa cy’uko uwo muntu ari ingaragu kandi nyamara yari yarashyingiwe, akagihabwa.
Nyuma yo gufunguwa, Muhizi yari yandikiye Perezida wa Sena y’u Rwanda amusaba ko yakemurirwa ikibazo cye cy’inzu ye yagombaga guhabwa nk’uko byari byatanzweho umurongo na Perezida Paul Kagame muri 2022.
Iyi baruwa yari yanditse tariki 04 Kanama 2025, yasubijwe na Sena y’u Rwanda imugira inama ko yakwiyambaza Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, ndetse aza no kwandikira MINALOC tariki 10 Nzeri 2025, gusa avuga ko kuva icyo gihe kugeza nta gisubizi arahabwa.
Muhizi waganirije Ikinyamakuru cyitwa Umuseke, yagitangarije ko amezi atanu yihiritse MINALOC itaramukemurira ikibazo, ari na byo byatumye yongera kwandikira Sena y’u Rwanda.
Uyu muturage uvuga ko yakorewe akarengane, avuga ko adashobora kuzacika intege mu gusaba kurenganurwa, kuko afite ibimenyetso bihagije byerekana ko iriya nzu ari iye.
Muri iyi baruwa yongeye kwandikira Sena y’u Rwanda, yanamenyesheje Perezida Paul Kagame, anavuga ko ari we yagejejeho ikibazo cye, ndetse akaba yari yanagitanzeho umurongo, ubwo yasabaga uwari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney kugikemura byihuse.
RADIOTV10










