Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko nta gishya kirimo kuba Perezida Paul Kagame ataritabiriye Inteko y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, agahagararirwa na Minisitiri w’Intebe, kuko atari we Mukuru w’Igihugu wenyine utarayigaragariyemo ubwe.
Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje mu butumwa yanyujije ku X kuri uyu wa Kabiri asubiza umunyamakuru wa Jeune Afrique, Romain Gras nyuma yo kuvuga ko ngo “Ubwo atari mu Nteko Rusanye ya Afurika Yunze Ubumwe, Perezida Paul Kagame muri iyi weekend yari muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho yarebye All-Star Game.”
Ambasaderi Nduhungirehe, yasubije ubutumwa bw’uyu munyamakuru ko kuba Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame ataritabiriye iriya Nteko yabaye mu cyumweru gishize, nta gitangaza kirimo.
Yagize ati “Perezida Paul Kagame ntabwo ku giti cye yitabiriye Inteko ya 39 ya Afurika Yunze Umwe, kimwe hafi ya kimwe cya kabiri cy’abandi Bakuru b’Ibihugu byo muri Afurika.”

Nduhungirehe yakomeje avuga ko muri iriya Nteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Perezida Kagame yahagarariwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva. Ati “Nta gishya munsi y’ijuru.”
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Nsengiyumva wahagarariye Perezida Kagame, yahuye n’abandi banyacyubahiro bitabiriye iriya Nteko y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe barimo n’abakuru b’Ibihugu, nka William Ruto wa Kenya, ndetse na Netumbo Nandi-Ndaitwah wa Namibia.
RADIOTV10










