Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

radiotv10by radiotv10
18/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hari amakuru atangajwe ko abasirikare b’u Bufaransa bagaragaye i Kisangani havugwaho kuba hari ikigo gikomeye cya FARDC iteguriramo ibitero bigabwa kuri AFC/M23, Ambasade y’u Bufaransa yasobanuye ko bariya basirikare bari muri Congo mu bufatanye mu bya gisirikare busanzwe hagati y’iki Gihugu na DRC.

Amafoto amaze iminsi agaragara ku mbuga nkoranyambaga, yerekana abasirikare b’u Bufaransa, bari mu mujyi rwagati mu baturage, aho bamwe mu bagize icyo bayavugaho, bavugaga ko bagiye i Kisangani kandi havugwaho gutegurirwa ibitero FARDC igaba kuri AFC/M23.

Umunyamakuru Steve Wembi ukora inkuru zicukumbuye zibanda ku bijyanye n’iby’intamba n’igisirikare, mu butumwa buherekeje aya mafoto yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yavuze ko hari hihamya ko abo basirikare b’Abafaransa bari i Kisangani.

Ambasade y’u Bufaransa yashyize hanze itangazo, ivuga ko kuba bariya basirikare bagaragaye hariya ntaho bihuriye n’imikoranire yabo na FARDC mu rugamba ihanganyemo na AFC/M23.

Mu butumwa iyi Ambasade yatanze, yavuze ko “amashusho yasakajwe” ntaho ahuriye n’ibyavuzwe kuri bariya basirikare. Iti “Kuba hariya, ni igisubizo cy’ubusabe bw’ubuyobozi bwa Congo.”

Ambasaderi w’u Bufaransa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Rémi Maréchaux yavuze ko Congo isanzwe ifitanye imirakoranire mu bya gisirikare n’Ibihugu bitatu; kandi yose ituma hari “abasirikare baza bagatanga amabwiriza cyangwa amahugurwa mu bijyanye na tekiniki, bikorerwa ku butaka bwa Congo.”

Yavuze ko ibyo Bihugu birimo u Bufaransa, u Bubiligi ndetse n’u Bushinwa. Ati “Rero u Bufaransa bufite abasirikare bo hejuru umunani bakora mu bijyanye no gutanga imyitozo muri Congo.”

Yavuze ko abo basirikare batanga amahugurwa mu mashuri ya gisirikare anyuranye arimo Ecole de guerre de Kinshasa, Ecole d’Etat Major ndetse no mu buyobozi bw’amashuri yihariye ya gisirikare.

Avuga ko abo basirikare bakora mu bijyanye n’imyitozo ihabwa abasirikare ba FARDC. Ati “Biri mu buryo bubiri, hari abofisiye bajya guhabwa amahugurwa mu Bufaransa ndetse vuba aha hari Umunyekongo uherutse kurangiza imyitozo muri Saint-Cyr wagarutse muri Congo, hakaba n’uburyo dutanga amahugurwa muri Congo muri Ecole de guerre de Kinshasa ahogishirizwa Abakoroneri benda kuba abajenenerali.”

Ambasaderi w’u Bufaransa i Kinshasa, Rémi Maréchaux yavuze ko u Bufaransa busanzwe bufitanye imikorane na Minisiteri y’Ingabo ya DRC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 8 =

Previous Post

U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza

Next Post

Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo cyo guhagarika imbuga nkoranyambaga mu gihe kitazwi

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo cyo guhagarika imbuga nkoranyambaga mu gihe kitazwi

Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo cyo guhagarika imbuga nkoranyambaga mu gihe kitazwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.