Wednesday, February 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza

radiotv10by radiotv10
18/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda mu Burusiya, Ambasaderi Maj. Gen. Joseph Nzabamwita yashimiye iki Gihugu na Perezida wacyo Vladimir Putin by’umwihariko, ku bw’ubufasha bakomeje guha u Rwanda n’ibindi Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya, yabitangaje ku ya 16 Gashyantare ubwo yahuraga na Alexander Trembitsky, umuyobozi wa Rostechnadzor, Ikigo cy’Igihugu mu Burusiya, gishinzwe ibijyanye n’ibidukikije, ikoranabuhanga n’ingufu za Nikeleyeri.

Ambasade y’u Rwanda mu Burusiya, ivuga ko ubwo bahuraga, “baganiriye ku mahirwe y’ubufatanye mu bijyanye ibijyanye no kugenzura imirasire ya nikeleyeri mu buryo bw’amahoro hifashishijwe ingufu za kirimbuzi.”

Ibiro by’Ambasade y’u Rwanda mu Burusiya bitangaza ko “Trembitsky yagaragaje amakuru arambuye ku bijyanye n’iki Kigo, ibikorwa byacyo, uko gikora, n’imbaraga zacyo” ndetse anavuga ko cyiteguye kwinjira mu mikoranire n’ikigo cy’u Rwanda bikora bimwe, kandi ko bazakorana gusa mu bijyanye n’ingufu za Nikeleyeri, ndetse n’ibijyanye n’amategeko y’ikoreshwa ryazo.

Ambasade y’u Rwanda mu Burusiya, ikomeza igira iti “Ambasaderi Nzabamwita yashimiye Guverinoma y’u Burusiya na Perezida Vladimir Putin byumwihariko ku bufasha bakomeje guha u Rwanda ndetse n’ibindi Bihugu bya Afurika, anashimira uburyo Rostechnadzor yiteguye guhita itangira imikoranire.”

Nyuma y’uku guhura no kuganira kandi, hafashwe icyemezo cyo gutegura isinywa ry’amasezerano y’imikoranire hagati ya Rostekhnadzor n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe z’Imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA).

Muri Mutarama uyu mwaka ubwo Maj Gen Joseph Nzabamwita yashyikirizaga Perezida Putin impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu Burusiya
Maj Gen Joseph Nzabamwita yagiranye ibiganiro na Alexander Trembitsky

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Umugabo yafunzwe nyuma yo gutahurwaho kumara igihe abana n’umwana w’umukobwa arusha imyaka 40

Related Posts

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo yafunzwe nyuma yo gutahurwaho kumara igihe abana n’umwana w’umukobwa arusha imyaka 40

by radiotv10
18/02/2026
0

Umugabo w’imyaka 57 ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB mu Karere ka Nyanza, nyuma yuko atanzweho amakuru ko yabanaga...

Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge

Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge

by radiotv10
18/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner; ko icyizere cy’amahoro kizagerwaho...

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

by radiotv10
18/02/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’ibiganiro byabaye mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 20,...

Why young professionals keep getting into debt

Why young professionals keep getting into debt

by radiotv10
18/02/2026
0

Today, many young professionals are living in a world where debt feels normal. From student loans to credit cards, borrowing...

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

Umuturage wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo kivugwamo Banki Nkuru y’u Rwanda yongeye gutakamba

by radiotv10
17/02/2026
0

Muhizi Anathole wagejeje kuri Perezida Paul Kagame ikibazo afitanye na Banki Nkuru y’u Rwanda cyerekeye inzu avuga ko ari ye...

IZIHERUKA

U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza
MU RWANDA

U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza

by radiotv10
18/02/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo yafunzwe nyuma yo gutahurwaho kumara igihe abana n’umwana w’umukobwa arusha imyaka 40

18/02/2026
Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

18/02/2026
Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge

Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge

18/02/2026
Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

18/02/2026
Why young professionals keep getting into debt

Why young professionals keep getting into debt

18/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza

Umugabo yafunzwe nyuma yo gutahurwaho kumara igihe abana n’umwana w’umukobwa arusha imyaka 40

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.