Uhagarariye u Rwanda mu Burusiya, Ambasaderi Maj. Gen. Joseph Nzabamwita yashimiye iki Gihugu na Perezida wacyo Vladimir Putin by’umwihariko, ku bw’ubufasha bakomeje guha u Rwanda n’ibindi Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya, yabitangaje ku ya 16 Gashyantare ubwo yahuraga na Alexander Trembitsky, umuyobozi wa Rostechnadzor, Ikigo cy’Igihugu mu Burusiya, gishinzwe ibijyanye n’ibidukikije, ikoranabuhanga n’ingufu za Nikeleyeri.
Ambasade y’u Rwanda mu Burusiya, ivuga ko ubwo bahuraga, “baganiriye ku mahirwe y’ubufatanye mu bijyanye ibijyanye no kugenzura imirasire ya nikeleyeri mu buryo bw’amahoro hifashishijwe ingufu za kirimbuzi.”
Ibiro by’Ambasade y’u Rwanda mu Burusiya bitangaza ko “Trembitsky yagaragaje amakuru arambuye ku bijyanye n’iki Kigo, ibikorwa byacyo, uko gikora, n’imbaraga zacyo” ndetse anavuga ko cyiteguye kwinjira mu mikoranire n’ikigo cy’u Rwanda bikora bimwe, kandi ko bazakorana gusa mu bijyanye n’ingufu za Nikeleyeri, ndetse n’ibijyanye n’amategeko y’ikoreshwa ryazo.
Ambasade y’u Rwanda mu Burusiya, ikomeza igira iti “Ambasaderi Nzabamwita yashimiye Guverinoma y’u Burusiya na Perezida Vladimir Putin byumwihariko ku bufasha bakomeje guha u Rwanda ndetse n’ibindi Bihugu bya Afurika, anashimira uburyo Rostechnadzor yiteguye guhita itangira imikoranire.”
Nyuma y’uku guhura no kuganira kandi, hafashwe icyemezo cyo gutegura isinywa ry’amasezerano y’imikoranire hagati ya Rostekhnadzor n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe z’Imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA).



RADIOTV10







