Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

radiotv10by radiotv10
18/02/2026
in MU RWANDA
0
Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore babiri bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera barakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugabo bivugwa ko bamusanze aryamanye na mushiki wabo, bakamukubita akaza kwitaba Imana.

Uwitabye Imana ni Nteziyaremye Adrien, wague kwa muganga nyuma yo kujyanwayo ari intere ubwo yari amaze gukubitwa n’abo basore babiri bavukana.

Uyu mugabo yakubitiwe mu mu rugo rwa Nzabandora ruherereye mu Mudugudu wa Gisovu mu Kagari ka Gisovu, ubwo yasangwaga n’abo bamukubise.

Umwe mu baturage basanze nyakwigendera ari gutaka, aganira n’ikinyamakuru cyitwa TV 1 dukesha aya makuru, yagize ati “Twasanze ari gutaka mu nda, cyane cyane mu nda avuga ngo bacundaguyemo ari kuruka cyane.”

Umwe mu bo mu muryango wa Nteziyaremye yavuze ko, amakuru y’ikubitwa rye, bayamenye bari mu murima mu mirimo y’ubuhinzi, ubwo batabazwaga.

Yagize ati “Baduhamagaye ngo umuntu wanyu arapfuye, turabaza tuti ‘yishwe n’iki?’ bati ‘bamukoreye ubugome, bamuhamagaye bamujyana ahantu mu rugo bamugejejeyo bamushyira mu nzu baramukubita, yakubiswe n’abantu batatu baramwica.”

Bavuga ko ubwo bamugeragaho basanze afite ibikomere, ari no kuruka amaraso, bakamujyana kwa muganga, ari na bwo yahise yitaba Imana.

Aba baturage bavuga ko nyakwigendera yakubiswe n’abo basore ubwo bamusanga iwabo ngo ari kubasambanyiriza mushiki wabo ufite imyaka 25. Umwe ati “Bari kuvuga ngo yari ari gusambanya, ibintu nk’ibyo ariko.”

Abatuye muri aka gace, bavuga ko nta kintu kibi bari bazi kuri nyakwigendera, bityo ko basaba ko umuryango we uhabwa ubutabera, abamukubise bakabiryozwa. Umwe ati “Turasaba Leta ikurikirana abo bantu rwose ubwicanyi muri Cyanika bwakaze.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanika, Sebagabo Prince avuga ko akurikije amakuru yakusanyije, nyakwigendera yari inshuti n’uwo mushiki wa bariya basore.

Ati “Uwo muhungu wapfuye asanzwe ari inshuti n’uwo mukobwa, basambana bisanzwe, agiyeyo noneho bararyamana, basaza be bamenya ko ari yo ari, barabakomangira baramufata batangira kumukubita.”

Uyu muyobozi avuga ko nyakwigendera atahise ashiramo umwuka, ahubwo ko yahise ajyanwa kwa muganga, akaza kwitaba Imana mu gitondo cyo ku ya 16 Gashyantare.

Umwe muri aba basore, yahise afatwa atabwa muri yombi kimwe na mushiki wabo, mu gihe umusore umwe we yahise atoroka akaba akiri gushakishwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Umugabo yafunzwe nyuma yo gutahurwaho kumara igihe abana n’umwana w’umukobwa arusha imyaka 40

Next Post

Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.