Abasore babiri bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera barakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugabo bivugwa ko bamusanze aryamanye na mushiki wabo, bakamukubita akaza kwitaba Imana.
Uwitabye Imana ni Nteziyaremye Adrien, wague kwa muganga nyuma yo kujyanwayo ari intere ubwo yari amaze gukubitwa n’abo basore babiri bavukana.
Uyu mugabo yakubitiwe mu mu rugo rwa Nzabandora ruherereye mu Mudugudu wa Gisovu mu Kagari ka Gisovu, ubwo yasangwaga n’abo bamukubise.
Umwe mu baturage basanze nyakwigendera ari gutaka, aganira n’ikinyamakuru cyitwa TV 1 dukesha aya makuru, yagize ati “Twasanze ari gutaka mu nda, cyane cyane mu nda avuga ngo bacundaguyemo ari kuruka cyane.”
Umwe mu bo mu muryango wa Nteziyaremye yavuze ko, amakuru y’ikubitwa rye, bayamenye bari mu murima mu mirimo y’ubuhinzi, ubwo batabazwaga.
Yagize ati “Baduhamagaye ngo umuntu wanyu arapfuye, turabaza tuti ‘yishwe n’iki?’ bati ‘bamukoreye ubugome, bamuhamagaye bamujyana ahantu mu rugo bamugejejeyo bamushyira mu nzu baramukubita, yakubiswe n’abantu batatu baramwica.”
Bavuga ko ubwo bamugeragaho basanze afite ibikomere, ari no kuruka amaraso, bakamujyana kwa muganga, ari na bwo yahise yitaba Imana.
Aba baturage bavuga ko nyakwigendera yakubiswe n’abo basore ubwo bamusanga iwabo ngo ari kubasambanyiriza mushiki wabo ufite imyaka 25. Umwe ati “Bari kuvuga ngo yari ari gusambanya, ibintu nk’ibyo ariko.”
Abatuye muri aka gace, bavuga ko nta kintu kibi bari bazi kuri nyakwigendera, bityo ko basaba ko umuryango we uhabwa ubutabera, abamukubise bakabiryozwa. Umwe ati “Turasaba Leta ikurikirana abo bantu rwose ubwicanyi muri Cyanika bwakaze.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanika, Sebagabo Prince avuga ko akurikije amakuru yakusanyije, nyakwigendera yari inshuti n’uwo mushiki wa bariya basore.
Ati “Uwo muhungu wapfuye asanzwe ari inshuti n’uwo mukobwa, basambana bisanzwe, agiyeyo noneho bararyamana, basaza be bamenya ko ari yo ari, barabakomangira baramufata batangira kumukubita.”
Uyu muyobozi avuga ko nyakwigendera atahise ashiramo umwuka, ahubwo ko yahise ajyanwa kwa muganga, akaza kwitaba Imana mu gitondo cyo ku ya 16 Gashyantare.
Umwe muri aba basore, yahise afatwa atabwa muri yombi kimwe na mushiki wabo, mu gihe umusore umwe we yahise atoroka akaba akiri gushakishwa.
RADIOTV10








