Wednesday, February 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ni iki kitezwe mu biganiro by’u Burusiya, Ukraine na America biri kubera mu muhezo?

radiotv10by radiotv10
18/02/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ni iki kitezwe mu biganiro by’u Burusiya, Ukraine na America biri kubera mu muhezo?
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, wari umunsi wa kabiri w’icyiciro cya gatatu cy’ibiganiro bihuje u Burusiya, Ukraine na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, biri kubera i Geneva mu Busuwisi, mu gihe hasigaye iminsi ibarirwa ku ntoki ngo hizihizwe imyaka ine ishize intambara yeruye itangiye hagati y’u Burusiya na Ukraine.

Ibi biganiro byatangiye ku wa Kabiri bikomeje kubera mu muhezo, aho impande zombi zitararemera gutangaza birambuye ibiri kuganirwaho, mu gihe amakuru y’ibanze avuga ko hari icyizere gitangwa n’ababirimo, nubwo nta cyemezo gifatika kiratangazwa.

Ibyiciro bibiri byabanje byabereye i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu byarangiye nta masezerano y’amahoro agezweho, ahubwo byageze ku bwumvikane bwo guhana imfungwa z’intambara no gusubizanya imibiri y’abaguye ku rugamba.

Ikibazo cy’ubutaka ni cyo gikomeje kuba ingorabahizi. U Burusiya kuri ubu bugenzura ibice binini muri Ukraine, bukaba busaba ko akarere ka Donbas ko mu burasirazuba bwa Ukraine kose kashyirwa mu maboko yabwo, nubwo butarafata ibice byose byako. Ukraine yo ivuga ko idashobora kwemera gutanga ubutaka bwayo, kandi ko n’Itegeko Nshinga ryayo ribibuza.

Intumwa idasanzwe ya Amerika muri ibi biganiro, Steve Witkoff, yatangaje ku rubuga rwa X ko impande zombi zemeye kugeza ku bayobozi bazo ibyaganiriweho no gukomeza gushaka amasezerano. Yavuze ko hari intambwe ifatika imaze guterwa, nubwo atatangaje ibisobanuro birambuye.

Ku ruhande rwa Ukraine, Rustem Umerov uyoboye itsinda ry’abaganira, yashimiye Amerika ku bw’imikoranire myiza no kugaragaza ubushake bwo gukomeza ibiganiro ku muvuduko uhoraho.

Mu gihe isi itegereje umusaruro w’ibi biganiro, haracyari kwibazwa niba bizashobora gukemura ibibazo by’ingenzi birimo icy’ubutaka, cyabaye intandaro y’ukutumvikana gukomeye kuva intambara yatangira ku wa 22 Gashyantare 2022, bivuze ko habura iminsi mike ngo imyaka ine yuzure.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge

Next Post

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

Related Posts

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

by radiotv10
18/02/2026
0

Nyuma yuko hari amakuru atangajwe ko abasirikare b’u Bufaransa bagaragaye i Kisangani havugwaho kuba hari ikigo gikomeye cya FARDC iteguriramo...

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

by radiotv10
17/02/2026
0

The AFC/M23 coalition, which is fighting against the government of the Democratic Republic of Congo, has shot down three unmanned...

AFC/M23 yahanuye izindi ndege z’intambara za FARDC

AFC/M23 yahanuye izindi ndege z’intambara za FARDC

by radiotv10
17/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryahanuye indege eshatu zitagira abapilote (drone) z’uruhande bahanganye zariho zirasa...

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

by radiotv10
14/02/2026
0

Umunyamakuru Hariana Verás Victória ugaragaza kubogamira kuri butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Tshisekedi, yongeye kubaza Perezida Donald...

Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

by radiotv10
13/02/2026
0

Igihugu cya Angola, gisanzwe ari umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

by radiotv10
18/02/2026
0

Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

18/02/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo yafunzwe nyuma yo gutahurwaho kumara igihe abana n’umwana w’umukobwa arusha imyaka 40

18/02/2026
Miss Pamella umugore wa The Ben yagize ibyago

Miss Pamella umugore wa The Ben yagize ibyago

18/02/2026
Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

18/02/2026
U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza

U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza

18/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

Umugabo yafunzwe nyuma yo gutahurwaho kumara igihe abana n’umwana w’umukobwa arusha imyaka 40

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.