Uwahoze ari igikomangoma cy’u Bwongereza, Andrew Mountbatten-Windsor, murumuna w’Umwami Charles III, yarekuwe n’inzego z’umutekano nyuma yo gutabwa muri yombi akekwaho ibyaha byo gukoresha nabi ububasha afite mu kazi ka Leta, mu gihe iperereza rigikomeje.
Polisi yo mu Bwongereza yatangaje ko Andrew akomeje gukorwaho iperereza nyuma y’uko hari amakuru avugwa ko yaba yarasangije amakuru y’ibanga Jeffrey Epstein, wahamwe n’ibyaha byo gusambanya abana, mu gihe Andrew yari intumwa y’u Bwongereza ishinzwe ubucuruzi.
Umwami Charles III yatangaje ko atewe impungenge zikomeye n’iki kibazo, ashimangira ko amategeko agomba gukurikizwa. Andrew yahakanye ibyo aregwa byose, avuga ko nta makuru yigeze agira ku byaha bya Epstein kandi ko atigeze abibona cyangwa ngo abikeke.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko atishimiye itabwa muri yombi rya Andrew Mountbatten-Windsor, aryita ikintu kibabaje ku muryango w’ubwami bw’u Bwongereza.
Trump yavuze ko byamubabaje cyane, by’umwihariko ku Mwami Charles III, ndetse ashimangira ko ari umuntu mwiza cyane, anatangaza ko ateganya kugirira uruzinduko rwa Leta muri Amerika vuba aha.
Ku bijyanye n’ikibazo cya Jeffrey Epstein, Trump, wavugwaga muri iki kirego, yongeye gushimangira ko nta cyaha kimureba, avuga ko yamaze kugirwa umwere burundu. Yavuze ko ibyo birego byose byahimbwe hagamijwe kumuharabika muri politiki, anasaba Abanyamerika gutera intambwe bakareka gukomeza kuvuga kuri Epstein.
Andrew we yakomeje guhakana ibyo aregwa byose, avuga ko nta makuru yari afite ku byaha bya Epstein.
Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10









