Umugabo n’umugore we bo mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro, batashye bavuye guhinga, basanga abana babo babiri bitabiye Imana mu nzu baryamyemo nyuma yo kwigwirwa n’umukingo.
Ibi byago byabereye mu Mudugudu wa Shyembe mu Kagari ka Shyembe mu Murenge wa Gihango, aho abana babiri barimo uw’imyaka itatu n’undi w’itandatu, bitabye Imana kubera ibiza.
Aba bana bari baryamye mu nzu yabo, mu gihe ababyeyi babo bari bagiye guhinga, bakabasiga baruhuka, bataha bagasanga bagwiriwe n’umukingo.
Rwambonera Augustin, se w’aba bana, avuga ko we yari yazindutse ajya guhinga, agasiga umugore we ari kumwe n’aba bana, akaza na we kubasiga baryamye bakajya gufatanya guhinga.
Uyu mugabo avuga ko umwana mukuru wari urwaye yari yabanje kubwira nyina ko yumva yorohewe yamureka akajya ku ishuri, ariko akamuhakanira kuko yabonaga amasaha yakuze.
Ati “Nyina yamubwiye ko isaha yo kujya ku ishuri yarenze, yagumana na murumuna we mu rugo kuko abandi bana batari bahari.”
Uyu mugabo akomeza agira ati “Nyina yabatekeye arabagaburira, ababwira gusigara aho we akansanga mu murima nubwo imvura yagwaga ariko ntibyatubuzaga kuyihingamo.”
Nimugoroba batashye, ni bwo batahiye kuri ibi byago, ubwo basangaga umukingo waridutse ugasenya urukuta rw’icyumba bari baryamyemo.
Ati “Umutima wandishye ntekereza ko aba bana baba bari baryamyemo kikabagwira, nkubitiyeho n’uko nyina yababuze kandi yababwiye ngo bagume aho, nibatangira gusinzira bajye kuryama, na we arebeyemo imbere uburyo igikuta cyaguye, ubwoba buramutaha, dukuraho itaka rike tubagwaho bapfuye.’’
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dative yavuze ko nyuma yo kumenyeshwa ibi byago byagwiririye uyu muryango, na we yahageze, ariko yasanze inzu yabo yari mu zagombaga gukurwaho kuko yari mu manegeka.
Ati “kuko wabonaga mu bisanzwe ntakibazo yakagize, ariko kuko ntawe urwanya umunsi, umukingo waridutse ibyatsi n’itaka ryinshi byirunda ku rukuta rw’icyumba abana bari baryamyemo barapfa.”
Uyu muyobozi wihanganisha uyu muryango, yavuze ko wafashijwe gushaka aho uba ucumbitse mu gihe hagishakwa uburyo babona aho kuba.
RADIOTV10








