Nyuma yuko umuhanzikazi Omega Baibe uri mu bagezweho muri Uganda, agaragaje ko yahundagajweho amafaranga mu gitaramo yakoreye muri Sudani y’Epfo, Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imisoro n’Amahooro muri Uganda (Uganda Revenue Authority), cyagaragaje ko kishimiye icyo gitaramo, ariko kimwibutsa ko ari umufatanyabikorwa ukwiye gusora.
Umuhanzikazi Omega Baibe, mu butumwa buherekejwe n’amafoto arimo igaragaza aryamye ku buriri bwuzuye amafaranga, yagize ati “Nahundagajweho amafaranga muri Sudani y’Epfo. Umujyi wa Juba mwakoze cyane. Nzahora iteka mbizirikana.”
Nyuma y’ubu butumwa bugaragaza ko uyu muhanzikazi yahawe amafaranga menshi muri Sudani y’Epfo, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Gukusanya imisoro n’amahoro muri Uganda (Uganda Revenue Authority), rwamubajije aho yayaherewe.
Mu butumwa busubiza ubw’uyu muhanzikazi, Uganda Revenue Authority yagize iyi “Komera Omega Baibe, mbega igitaramo wagize.” Irangije ishyiraho ijambo #FfeBanno risanzwe ari intero y’uru rwego yibutsa abafatanyabikorwa ko bagomba gusora.




RADIOTV10











