Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi na Ndayishimiye bashyizwe mu majwi ku bugome ndengakamere bwakorewe Abanyamulenge

radiotv10by radiotv10
02/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi na Ndayishimiye bashyizwe mu majwi ku bugome ndengakamere bwakorewe Abanyamulenge
Share on FacebookShare on Twitter

Moïse Nyarugabo wabaye mu nzego nkuru mu butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganye ibitero by’indege zitagira abapilote za FARDC byishe inka nyinshi z’Abanyamulenge, avuga ko Perezida Tshisekedi na Ndayishimiye w’u Burundi, ari bo babiri inyuma.

Ni ibitero byagabwe mu minsi micye ishize, birimo ibyo mu ijoro ryo ku wa 30 rishyira ku ya 31 Werurwe 2026, byagabwe mu duce tunyuranye dutuwemo n’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda b’Abanyamulenge.

Mu butumwa bwatambukije na Me Moïse Nyarugabo ukunze kuvuganira Abanyekongo bo muri uyu muryango w’Abanyamulenge, yatangiye avuga ko “mu ijoro ryo ku wa 30 rishyira ku ya 31 Werurwe 2026 indege zitagira abapilote za Tshisekedi na Ndayishimiye, zarashe mu gace ka Gakenke zica inka 42 zinakomeretsa izindi nyinshi ndetse n’abashumba.”

Yakomeje avuga kandi ko mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 31 batayo z’abasirikare b’u Burundi bari kumwe n’aba FARDC, zarashe ibisasu zikoresheje intwaro zikomeye zirimo Recoilless SPG 9, LRM Katiousha, na Mortiers 80, 120 mm, mu bice bya Gakenke, Kalongi Kalingi, Bidegu, ndetse zikagerageza kwinjiramo ngo zihagenzure.

Nyarugabo avuga ko abo basirikare b’u Burundi n’aba FARDC, baburijwemo bakabuzwa kwinjira muri turiya duce ariko ko ibi bitero byabo byahitanye zwimwe mu nzirakarengane z’abaturage b’abasivile ndetse bikanakomeretsa abandi benshi.

Yavuze kandi ko “mu ijoro ryo ku ya 31 Werurwe rishyira ku ya 01 Mata 2026, abo barwanyi n’ubundi bagabye ibindi bitero byinshi mu bice binyuranye kandi inshuro nyinshi.”

Mu butumwa buherekejwe n’amashusho agaragaza inka zishwe muri ibi bitero, Nyarugabo yavuze ko mu gace ka Ilundu, abo barwanyi bishe inka 70 bagakomeretsa izindi zikabakaba 140.

Ati “Ngaragaje amashusho yo muri iryo joro kuri ubu butumwa, nerekana urwego rw’ubugome ndengakamere n’ubunyamaswa bya ba Nyakubahwa Ndayishimiye na Tshisekedi.”

Uyu munyapolitiki yavuze ko ibikorwa nk’ibi by’ubugome byakunze gukorerwa Abanyamulenge muri Minembwe, bidakwiye gucecekwa, kuko Abanyekongo bo muri uyu muryango, bakomeje kwicwa ndetse n’ibyabo byumwihariko inka zabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Trump yabaye nk’ubyina ku mubyimba Macron w’u Bufaransa agendeye ku byo umugore we yamukoreye

Next Post

Igitero cy’uwitwaje umuhoro yagabye ku ishuri muri Uganda cyahitanye abana bane cyasize amarira menshi

Related Posts

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igitero cy’uwitwaje umuhoro yagabye ku ishuri muri Uganda cyahitanye abana bane cyasize amarira menshi

Igitero cy’uwitwaje umuhoro yagabye ku ishuri muri Uganda cyahitanye abana bane cyasize amarira menshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.