Perezida Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagiriye uruzinduko mu Gihugu cya Qatar kiyoboye ibiganiro by’ubuhuza buhua Guverinoma y’Igihugu cye n’Ihuriro AFC/M23.
Ni uruzinduko rwabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Mata 2026, nk’uko byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC.
Perezidansi ya Repubulika ya DRC, ivuga ko “Tshisekedi yagiye i Doha, ahura na n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Leta ya Qatar Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani.”
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC, bivuga ko aba bayobozi bombi “baganiriye ku iterambere ry’akarere n’isi yose, cyane cyane ku kibazo kiri mu Burasirazuba bwo Hagati, cyane cyane ku bikorwa by’ubushotoranyi byakozwe na Iran kuri Qatar no mu bindi Bihugu byo muri ako karere.”
Aba bayobozi kandi banaganiriye ku mubano w’Ibihugu byombi; DRC na Qatar n’imikoranire hagati yabyo mu nyungu z’ababituye.
Perezidansi ya Repubulika ya Congo, ivuga kandi ko banaganiriye ku bibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC, bigira biti “Muri urwo rwego, Perezida wa Repubulika yongeye kwemeza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ishima byimazeyo ibikorwa by’ubuhuza byakozwe na Qatar, bigamije kuzana amahoro arambye mu karere.”
Leta ya Qatar, ni yo isanzwe iyoboye ibiganiro bihuza ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23 riburwanya, byanasinyiwemo amasezerano y’agahenge.
Gusa nubwo izi mpande zombi zemeranyijwe agahenge, imirwano mu burasirazuba bwa DRC irakomeje, aho uruhande rwa Leta ya Kinshasa rwanarushijeho kongera imbaraga mu bitero rugaba mu bice bigenzurwa n’iri Huriro.



RADIOTV10







