Perezida Emmanuel Macron yatangaje ko ntacyo yasubiza ku byatangajwe na mugenzi we Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America wavuze ko “afatwa nabi cyane n’umugore we,” Avuga ko icyo bakwiye gushyira imbere ari ibibazo byugarije isi.
Macron yabitangaje kuri uyu wa Kane nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu, mugenzi we Donald Trump abaye nk’umwibasira ubwo yavugaga ko yamwatse ubufasha mu ntambara yo muri Iran, akabumwima.
Trump yavuze ko n’ubundi nta bufasha yari kumuha, ngo kuko yifitiye ibibazo byo kuba “afatwa nabi cyane n’umugore” aho yagendeye ku mashusho yagiye hanze umwaka ushize, ubwo umugore wa Macron, Brigitte yagaragaye amukubita urushyi mu maso.
Macron, kuri uyu wa Kane abajijwe n’umunyamakuru icyo yasubuza mugenzi we Trump, yagize ati “Turavuga ku bintu bikomeye, turavuga intambara, uyu munsi turavuga abagabo n’abagore bari mu ntambara, abasivile bari kwicirwa muri kariya gace. Turavuga nanone ku ngaruka z’iriya ntambara ku bukungu bwacu, yewe ndatekereza ko n’abavandimwe bacu b’Abanyamerika ziri kubageraho.”
Yavuze ko ubu ibibazo biriho nk’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli na Gaze, ari byo byari bikwiye kwitabwaho, kurusha kujya mu bintu nka biriya byo kumwibasira.
Ati “Ibyo numvise ntibikwiye nta shingiro bifite, ntabwo ari ibintu nkwiye kugira icyo mvugaho, ntabwo ari ibintu bikwiye gusubizwa.”
Macron avuga ko igikwiye gushyirwa imbere ubu, ari ugushaka uburyo ibibazo biriho by’iriya ntambara yo muri Iran byacururuka, intambara ikaba yarangira, hagakorwa ibiganiro bigamije kugera kuri uyu muti, kugira ngo ibintu bisubire mu buryo, n’urujya n’uruza rw’ibicuruzwa n’abantu, rwongere rusubire uko rwahoze mbere y’iyi ntambara.
RADIOTV10







