Thursday, April 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

radiotv10by radiotv10
02/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Emmanuel Macron yatangaje ko ntacyo yasubiza ku byatangajwe na mugenzi we Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America wavuze ko “afatwa nabi cyane n’umugore we,” Avuga ko icyo bakwiye gushyira imbere ari ibibazo byugarije isi.

Macron yabitangaje kuri uyu wa Kane nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu, mugenzi we Donald Trump abaye nk’umwibasira ubwo yavugaga ko yamwatse ubufasha mu ntambara yo muri Iran, akabumwima.

Trump yavuze ko n’ubundi nta bufasha yari kumuha, ngo kuko yifitiye ibibazo byo kuba “afatwa nabi cyane n’umugore” aho yagendeye ku mashusho yagiye hanze umwaka ushize, ubwo umugore wa Macron, Brigitte yagaragaye amukubita urushyi mu maso.

Macron, kuri uyu wa Kane abajijwe n’umunyamakuru icyo yasubuza mugenzi we Trump, yagize ati “Turavuga ku bintu bikomeye, turavuga intambara, uyu munsi turavuga abagabo n’abagore bari mu ntambara, abasivile bari kwicirwa muri kariya gace. Turavuga nanone ku ngaruka z’iriya ntambara ku bukungu bwacu, yewe ndatekereza ko n’abavandimwe bacu b’Abanyamerika ziri kubageraho.”

Yavuze ko ubu ibibazo biriho nk’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli na Gaze, ari byo byari bikwiye kwitabwaho, kurusha kujya mu bintu nka biriya byo kumwibasira.

Ati “Ibyo numvise ntibikwiye nta shingiro bifite, ntabwo ari ibintu nkwiye kugira icyo mvugaho, ntabwo ari ibintu bikwiye gusubizwa.”

Macron avuga ko igikwiye gushyirwa imbere ubu, ari ugushaka uburyo ibibazo biriho by’iriya ntambara yo muri Iran byacururuka, intambara ikaba yarangira, hagakorwa ibiganiro bigamije kugera kuri uyu muti, kugira ngo ibintu bisubire mu buryo, n’urujya n’uruza rw’ibicuruzwa n’abantu, rwongere rusubire uko rwahoze mbere y’iyi ntambara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Perezida Tshisekedi yagiriye uruzinduko muri Qatar isanzwe ari umuhuza mu bya DRC na AFC/M23

Related Posts

Perezida Tshisekedi yagiriye uruzinduko muri Qatar isanzwe ari umuhuza mu bya DRC na AFC/M23

Perezida Tshisekedi yagiriye uruzinduko muri Qatar isanzwe ari umuhuza mu bya DRC na AFC/M23

by radiotv10
02/04/2026
0

Perezida Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagiriye uruzinduko mu Gihugu cya Qatar kiyoboye ibiganiro by’ubuhuza buhua...

Eng.-Tshisekedi and Ndayishimiye Accused of Atrocities Against Banyamulenge

Eng.-Tshisekedi and Ndayishimiye Accused of Atrocities Against Banyamulenge

by radiotv10
02/04/2026
0

Moïse Nyarugabo, a former senior official in the government of the Democratic Republic of Congo, has condemned drone attacks by...

Igitero cy’uwitwaje umuhoro yagabye ku ishuri muri Uganda cyahitanye abana bane cyasize amarira menshi

Igitero cy’uwitwaje umuhoro yagabye ku ishuri muri Uganda cyahitanye abana bane cyasize amarira menshi

by radiotv10
02/04/2026
0

Abana bane baburiye ubuzima mu gitero cy’umuntu witwaje umuhoro wakigabye ku ishuri ry'incuke ryo mu gace ka Ggaba i Kampala...

Tshisekedi na Ndayishimiye bashyizwe mu majwi ku bugome ndengakamere bwakorewe Abanyamulenge

Tshisekedi na Ndayishimiye bashyizwe mu majwi ku bugome ndengakamere bwakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
02/04/2026
0

Moïse Nyarugabo wabaye mu nzego nkuru mu butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganye ibitero by’indege zitagira abapilote za...

Trump yabaye nk’ubyina ku mubyimba Macron w’u Bufaransa agendeye ku byo umugore we yamukoreye

Trump yabaye nk’ubyina ku mubyimba Macron w’u Bufaransa agendeye ku byo umugore we yamukoreye

by radiotv10
02/04/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, agendeye ku mashusho yigeze kujya hanze agaragaza Emmanuel Macron akubitwa n’umugore...

IZIHERUKA

Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira
AMAHANGA

Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

by radiotv10
02/04/2026
0

Perezida Tshisekedi yagiriye uruzinduko muri Qatar isanzwe ari umuhuza mu bya DRC na AFC/M23

Perezida Tshisekedi yagiriye uruzinduko muri Qatar isanzwe ari umuhuza mu bya DRC na AFC/M23

02/04/2026
Eng.-Tshisekedi and Ndayishimiye Accused of Atrocities Against Banyamulenge

Eng.-Tshisekedi and Ndayishimiye Accused of Atrocities Against Banyamulenge

02/04/2026
Igitero cy’uwitwaje umuhoro yagabye ku ishuri muri Uganda cyahitanye abana bane cyasize amarira menshi

Igitero cy’uwitwaje umuhoro yagabye ku ishuri muri Uganda cyahitanye abana bane cyasize amarira menshi

02/04/2026
Tshisekedi na Ndayishimiye bashyizwe mu majwi ku bugome ndengakamere bwakorewe Abanyamulenge

Tshisekedi na Ndayishimiye bashyizwe mu majwi ku bugome ndengakamere bwakorewe Abanyamulenge

02/04/2026
Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

02/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

Perezida Tshisekedi yagiriye uruzinduko muri Qatar isanzwe ari umuhuza mu bya DRC na AFC/M23

Eng.-Tshisekedi and Ndayishimiye Accused of Atrocities Against Banyamulenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.