Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
10/04/2026
in MU RWANDA
0
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo ‘kuzitura’, bavuga ko wadukanwe na bamwe mu bagore, aho bata abagabo bakabasigira abana bakajya kwishakira abandi bagabo.

Uwo muco wo “kuzitura” ugaragazwa n’abaturage bo mu isantere ya Shuni, iherereye mu Kagari ka Kabujenje, Umurenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro. Aba baturage bavuga ko utamaze igihe kinini, ariko aho utangiriye kugaragara wabateje impungenge zikomeye, nk’uko babisobanura.

Nyirabaribeshya Emerance ati “Aha hari abagore babona umugabo yatangiye gukena, bakagenda bagata abana, bakabyita ‘kuzitura’. Njye mfite n’uw’imyaka 5 batanye na musaza wanjye.”

Nzabonimpa Emmanuel ati “Aha birahari cyane. Hari uwataye abana batatu, undi ata babiri, ndetse no muri uku kwezi hari uwasize umwana w’imyaka ibiri. Wowe wibwira ko yagiye iwabo kubasura cyangwa mu kazi, ukajya kumva ukumva ngo yashatse undi mugabo.”

Aba baturage bakomeza basaba Leta ko yakurikirana iki kibazo, ndetse ikanahana yihanukiriye abo babyeyi bagaragarwaho n’uwo muco.

Nyirabaribeshya Emerance yongeyeho ati “Ajugunya abana akajya gushaka undi mugabo, kandi na ho ntibanabane. Naho akaba yahabyaye umwana akawujugunya. Mbese ni nk’urucuruzo; imyaka ibiri ishize batagifata ya mafaranga n’amafaranga y’ifu, bakaba barigendeye.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rutsiro ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Umuganwa Marie Chantal, yabwiye umunyamakuru ko atari azi iki kibazo, ariko ko ubuyobozi bugiye kugikurikirana bukamenya niba gihari, bityo bugafata ingamba zo kwigisha imiryango kwirinda amakimbirane.

Yagize ati “iki kibazo tugiye kugikurikirana tumenye uko giteye niba gihari. Ariko nk’Akarere, icyo dukora ku miryango ibana mu makimbirane muri rusange ni ugukomeza kubigisha kubana neza no kwirinda amakimbirane kuko atuma uburere bw’abana babo buhungabana kandi bikadindiza iterambere ry’urugo rwabo. Ikindi ni ukwigisha imiryango ibana idasezeranye kubikora.”

Ni mu gihe iyi myitwarire ivugwa kuri bamwe mu bagore bo muri iyi santere ya Shuni, yo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, igaragaza ko hatagize igikorwa ngo iyi miryango yigishwe ihindura imyumvire, ingo nyinshi zakomeza guhura n’ibibazo bikomeye birimo kutita ku bana n’ibindi bitiza umurindi igwingira ry’iterambere muri aka karere.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 12 =

Previous Post

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Next Post

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.