Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo ‘kuzitura’, bavuga ko wadukanwe na bamwe mu bagore, aho bata abagabo bakabasigira abana bakajya kwishakira abandi bagabo.
Uwo muco wo “kuzitura” ugaragazwa n’abaturage bo mu isantere ya Shuni, iherereye mu Kagari ka Kabujenje, Umurenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro. Aba baturage bavuga ko utamaze igihe kinini, ariko aho utangiriye kugaragara wabateje impungenge zikomeye, nk’uko babisobanura.
Nyirabaribeshya Emerance ati “Aha hari abagore babona umugabo yatangiye gukena, bakagenda bagata abana, bakabyita ‘kuzitura’. Njye mfite n’uw’imyaka 5 batanye na musaza wanjye.”
Nzabonimpa Emmanuel ati “Aha birahari cyane. Hari uwataye abana batatu, undi ata babiri, ndetse no muri uku kwezi hari uwasize umwana w’imyaka ibiri. Wowe wibwira ko yagiye iwabo kubasura cyangwa mu kazi, ukajya kumva ukumva ngo yashatse undi mugabo.”
Aba baturage bakomeza basaba Leta ko yakurikirana iki kibazo, ndetse ikanahana yihanukiriye abo babyeyi bagaragarwaho n’uwo muco.
Nyirabaribeshya Emerance yongeyeho ati “Ajugunya abana akajya gushaka undi mugabo, kandi na ho ntibanabane. Naho akaba yahabyaye umwana akawujugunya. Mbese ni nk’urucuruzo; imyaka ibiri ishize batagifata ya mafaranga n’amafaranga y’ifu, bakaba barigendeye.”
Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rutsiro ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Umuganwa Marie Chantal, yabwiye umunyamakuru ko atari azi iki kibazo, ariko ko ubuyobozi bugiye kugikurikirana bukamenya niba gihari, bityo bugafata ingamba zo kwigisha imiryango kwirinda amakimbirane.
Yagize ati “iki kibazo tugiye kugikurikirana tumenye uko giteye niba gihari. Ariko nk’Akarere, icyo dukora ku miryango ibana mu makimbirane muri rusange ni ugukomeza kubigisha kubana neza no kwirinda amakimbirane kuko atuma uburere bw’abana babo buhungabana kandi bikadindiza iterambere ry’urugo rwabo. Ikindi ni ukwigisha imiryango ibana idasezeranye kubikora.”
Ni mu gihe iyi myitwarire ivugwa kuri bamwe mu bagore bo muri iyi santere ya Shuni, yo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, igaragaza ko hatagize igikorwa ngo iyi miryango yigishwe ihindura imyumvire, ingo nyinshi zakomeza guhura n’ibibazo bikomeye birimo kutita ku bana n’ibindi bitiza umurindi igwingira ry’iterambere muri aka karere.
Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10









