Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge ngo na wo uzabashyikirize Guverinoma ya Congo, ariko kugeza ubu ntakirakorwa kuko Leta ya Kinshasa yanze kubakira kubera kubashidikanyaho.
Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, iravuga ko Umuryango Mpuzamahanga utabara imbabare wa Croix-Rouge wari watangaje ko witeguye gushyigikira iki gikorwa cyo gushyikiriza Congo bariya basirikare.
Gusa AFC/M23 yatangaje ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwanze kwakira bariya basirikare babwo. Ku ruhande rwa DRC ho, havugwaho kuba hakiriyo gushidikanya kuri abo basirikare.
Bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru muri DRC, bashidikanya kuri abo basirikare, bavuga ko ngo “yaba ari amayeri yo kwinjirirwa” kwa AFC/M23 ngo bibaza “impamvu hakomeje kubaho gutsimbarara” kw’iri Huriro risaba ko hakirwa bariya basirikare.
Ngo umwe mu bayobozi ba hafi ba Félix Tshisekedi, yatangaje ko habayeho kwibaza ko “haba hari ikibyihishe inyuma”, mu gihe abandi bayobozi na bo bafite urwikekwe bavuga ko bariya bantu ari imfungwa z’intambara, kandi ko ari ikibazo kikiri ku meza y’ibiganiro bimaze amezi akabakaba atandatu.
Minisitiri umwe muri Guverinoma ya DRC, yabwiye RFI ko ibintu byose bigomba gukorwa bikurikije inzira. Iki kinyamakuru na cyo kikavuga ko hasanzwe hari gahunda y’uburyo byakorwa, ariko ko nta ngengabihe yo kubishyira mu bikorwa irajya hanze.
Undi mudipolomate na we yavuze ko nubwo haba hari amasezerano yumvikanyweho n’impande zombi, ariko hashobora kubaho imbagamizi z’amikoro zishobora gutinza ibi bikorwa.
Hari icyizere ko iki kibazo gishobora kuzabonerwa umuti mu nama y’ubuhuza bwa Qatar izaba mu minsi micye iri imbere. Mu gihe kandi abo basirikare bakomeje kuba mu maboko ya AFC/M23, bivugwa ko banshi banze kwinjira mu gisirikare cy’iri huriro, bakaba bakomeje kwitabwaho na ryo ribagaburira ndetse rinabitaho mu bundi buryo bw’ibyo bakenera.
RADIOTV10








