Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

radiotv10by radiotv10
25/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli cyagabanutse kigera munsi y’amadolari 100 ku kagunguru nyuma yuko habonetse icyizere ko hashobora kuboneka amahoro mu burasirazuba bwo hagati ku bw’amasezerano ategerejweho guhosha intambara yo muri Iran.

Ni nyuma yuko Perezida Donald Trump agaragaje ko hari amahirwe menshi yo kugera ku masezerano y’amahoro yo guhagarika intambara yo muri Iran.

Ku wa Gatandatu, Perezida Trump yavuze ko amasezerano y’amahoro “yaganiriweho bihagije” ndetse ikizavamo kizajya hanze mu gihe cya vuba aha.

Ibi byatumye ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bigabanuka kuri uyu wa Mbere, aho byageze munsi y’amadolari 100 ku kagunguru.

Ku isaha ya saa moya n’iminota 42 ku isaha ya Tokyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Gicurasi, igiciro cy’akagunguru cyageze kuri $98.83 ku kagunguru, aho cyagabanutse ku kigera cya 4.55%, nk’uko tubikesha urubuga Oilprice.com rusanzwe runyuzwaho amakuru y’ibikomoka kuri Peteroli.

Nanone kandi ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli ku isoko ryo muri Leta Zunze Ubumwe za America, na byo byagabanutse, bigera kuri $92.14 ku kagunguru, aho byo byagabanutse ku kigero cya 4.62%.

Iri gabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli ribayeho nyuma y’uko ibiciro bya peteroli byiyongereye mu ntangiriro z’uyu mwaka nyuma y’iyaduka ry’intambara yo muri Iran yatangiye ku ya 28 Gashyantare, yabangamiye urujya n’uruza rw’amato anyura mu nzira ya Hormuz, inzira ikomeye ubusanzwe itwara kimwe cya gatanu cy’ibikomoka kuri peteroli bikoreshwa ku isi.

Nubwo iri gabanuka ryabayeho kuri uyu Mbere habayeho, haracyariho ihungabana rikomeye ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, ndetse isoko ryabyo rikaba rikiri mu bibazo. Abasesenguzi bavuga ko abacuruzi bakiri gushyira ku murongo ibintu binyuranye birimo ihungabana ry’ingendo zo  uri uriya muhora, ndetse n’ubwoba bw’uko hashobora kubaho isoko ryo hejuru ry’ibikomoka kuri Peteroli byahita bikenerwa ku isoko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + twelve =

Previous Post

Igishobora gukurikira iyegura rya Perezida w’Inteko muri Senegal ribayeho hatutumba umwuka mubi muri Politiki

Related Posts

Igishobora gukurikira iyegura rya Perezida w’Inteko muri Senegal ribayeho hatutumba umwuka mubi muri Politiki

Igishobora gukurikira iyegura rya Perezida w’Inteko muri Senegal ribayeho hatutumba umwuka mubi muri Politiki

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Senegal, El Malick Ndiaye, yatangaje ko yeguye mu gihe hari byinshi bikiri urwijiji muri politiki...

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

by radiotv10
25/05/2026
0

Obedi Ngabo Patrick uvuga ko ari General mu mutwe wa Wazalendo ukorana na FARDC, yagaragaye avuga ko atarapfa nk’uko byatangajwe...

Impanuka yatewe n’inzovu yahitanye abakozi batatu b’Ikigo cy’Igihugu muri Uganda

Impanuka yatewe n’inzovu yahitanye abakozi batatu b’Ikigo cy’Igihugu muri Uganda

by radiotv10
25/05/2026
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yari itwaye abakozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro muri Uganda, yakoreye impanuka mu muhanda...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Amakuru mashya: Muri Congo imirwano yahinduye isura

by radiotv10
22/05/2026
0

Mu bice biri mu nkengero y’agace ka Rubaya muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imirwano...

Congo yagenewe indi nkunga yihutirwa y’amafaranga menshi yo guhangana n’icyorezo cya Ebola

Congo yagenewe indi nkunga yihutirwa y’amafaranga menshi yo guhangana n’icyorezo cya Ebola

by radiotv10
22/05/2026
0

Umuryango w’Abibumbye watanze Miliyoni 60 USD mu kigega cy’ubutabazi bwihuse zo gufasha guhangana no gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola muri...

IZIHERUKA

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro
AMAHANGA

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

by radiotv10
25/05/2026
0

Igishobora gukurikira iyegura rya Perezida w’Inteko muri Senegal ribayeho hatutumba umwuka mubi muri Politiki

Igishobora gukurikira iyegura rya Perezida w’Inteko muri Senegal ribayeho hatutumba umwuka mubi muri Politiki

25/05/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

25/05/2026
Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

25/05/2026
Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

25/05/2026
Impanuka yatewe n’inzovu yahitanye abakozi batatu b’Ikigo cy’Igihugu muri Uganda

Impanuka yatewe n’inzovu yahitanye abakozi batatu b’Ikigo cy’Igihugu muri Uganda

25/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Igishobora gukurikira iyegura rya Perezida w’Inteko muri Senegal ribayeho hatutumba umwuka mubi muri Politiki

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.