Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

radiotv10by radiotv10
25/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n’ibikorwa birimo kugirana ibiganiro n’Umuyobozi w’Ikirenga w’iki Gihugu.

Umukuru w’u Rwanda yavuye i Doha mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Gicurasi 2026 nk’uko amakuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abanya-Qatar abivuga.

Ibiro Ntaramakuru by’Abanya-Qatar bivuga ko Perezida Paul Kagame n’itsinda ry’abayobozi bari kumwe, “ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Doha, baherekejwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Dr. Mohammed bin Abdulaziz Al Khulaifi na Ambasaderi wa Repubulika y’u Rwanda Igor Marara Kayinamura.”

Perezida Paul Kagame wasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar, kuri iki Cyumweru yakiriwe n’Umuyobozi w’Ikirenga w’iki Gihugu Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani.

Ubwo Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani yakiraga Umukuru w’u Rwanda mu Biro bye Amiri Diwan, Abayobozi bombi bagiranye ibiganiro byagarutse ku mubano utajegajega usanzwe uri hagati y’Ibihugu byombi ndetse n’imikoranire mu nzego zinyuranye ku bw’inyungu zihuriweho.

Aba bayobozi bombi kandi banaganiriye ku bibazo biri mu karere u Rwanda ruherereyemo ndetse n’ibibazo mpuzamahanga, aho bombi bashimangiye ko bahuriye ku ntego imwe yo guteza imbere amahoro ku rwego mpuzamahaga ndetse n’umutekano.

Perezida Paul Kagame kandi yanaboneyeho kugaragariza Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, ko u Rwanda rwifatanyije kandi ruzakomeza gushyigikira Abanya-Qatar.

Perezida Kagame na Amir wa Qatar basanzwe bafitanye ubucuti bwihariye, bushingiye ku cyerekezo kimwe cy’imiyoborere myiza no gushyira imbere iterambere ry’ubukungu bw’Ibihugu byabo.

Mu kwezi k’Ugushyingo Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, yagendereye u Rwanda, aho Umukuru w’Igihugu Paul Kagame yanamwakiririye mu rwuri rwe anamugabira inka z’inyambo nk’ikimenyetso cy’igihango n’ubucuti butajegajega bamaze kubaka hagati yabo.

Mu Ugushyingo 2025 Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yagendereye u Rwanda anagabirwa inka z’Inyambo na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Rusizi: Ku nshuro ya mbere hibutswe imiryango yazimye

Rusizi: Ku nshuro ya mbere hibutswe imiryango yazimye

by radiotv10
24/05/2026
0

Mu gihe tukiri mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ku rwego rw’akarere...

U Rwanda n’u Burusiya biyemeje gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda n’u Burusiya biyemeje gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare

by radiotv10
23/05/2026
0

Inama ya Komisiyo ihuriweho ishinzwe ubufatanye mu bya gisirikare hagati y’u Rwanda n’u Burusiya, yasoje impande zombi zisuzumiye hamwe uko...

Amakuru mashya: Perezida Kagame yazamuye mu ntera abacungagereza 740 barimo Abofisiye bakuru 46 anirukana 290

Amakuru mashya: Perezida Kagame yazamuye mu ntera abacungagereza 740 barimo Abofisiye bakuru 46 anirukana 290

by radiotv10
23/05/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yamuye mu ntera Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS 742 barimo Abofisiye bakuru 46...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar
MU RWANDA

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

25/05/2026
Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

25/05/2026
Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

25/05/2026
Impanuka yatewe n’inzovu yahitanye abakozi batatu b’Ikigo cy’Igihugu muri Uganda

Impanuka yatewe n’inzovu yahitanye abakozi batatu b’Ikigo cy’Igihugu muri Uganda

25/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.