Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

radiotv10by radiotv10
25/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani
Share on FacebookShare on Twitter

Igitero cy’indege zitagira abapilote cyageragejwe ku Kibuga cy’Indege cya Bangboka i Kisangani mu Ntara ya Tshopo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyasize umwuka w’ubwoba n’urujijo kuko hataramenyekana abakigabye.

Iki gitero cyageragejwe kuri iki Cyumweru tariki 24 Gicuasi 2026, aho drones ebyiri za gisirikare zagerageje gushwanyaguza ibikoresho by’Ikibuga cy’Indege byifashishwa n’igisirikare cya Leta ya DRC (FARDC).

Amakuru avuga ko izo ndege zari zigabye igitero kuri iki Kibuga cy’Indege zagaragaye zerecyeza kuri kiriya Kibuga cy’Indege, ariko zikaza kuburizwamo na FARDC.

Kugeza ubu ntiharasobanuka iby’iki gitero, mu gihe hasigaye icyoba cyinshi ko igihe icyo ari cyo cyose n’ubundi iki Kibuga cy’Indege cyakwibasirwa.

Umunyamakuru Steve Wembi ukurikiranira hafi ibyo muri DRC, aravuga ko kugeza ubu Ihuriro AFC/M23 ritaragira icyo rivuga kuri kiriya gitero cyari kigamije gushwanyaguza drone za FARDC ikoresha mu bitero iki Gisirikae cya Leta kigaba ibiteo ku barwanyi b’iri huriro no mu bice rigenzura.

Ubwo kiriya gitero cyabaga, kuri iki Kibuga cy’Indege cya Bangboka hari abagenzi benshi ndetse n’abaherekeje, kimwe n’abakozi bo kuri iki Kibuga, bahise bahabwa umuburo w’ibyari bibaye.

Ibi byatumye abantu benshi bari mu nyubako zo kuri iki Kibuga cy’indege bahungishwa vuba na bwangu, bavanwa kuri iki Kibuga bahita boherezwa mu mujyi wagati, ku bw’impamvu z’umutekano, ibintu byateye umwuka w’ubwoba.

Ibi kandi byateye ihungabana bya zimwe mu ngendo z’indege, aho nk’urugendo rw’Indege ya Kompanyi y’Igihugu yari guturuka i Kinshasa, wasubitswe ku munota wa nyuma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Related Posts

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

by radiotv10
25/05/2026
0

Igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli cyagabanutse kigera munsi y’amadolari 100 ku kagunguru nyuma yuko habonetse icyizere ko hashobora kuboneka amahoro mu...

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

by radiotv10
25/05/2026
0

Obedi Ngabo Patrick uvuga ko ari General mu mutwe wa Wazalendo ukorana na FARDC, yagaragaye avuga ko atarapfa nk’uko byatangajwe...

Impanuka yatewe n’inzovu yahitanye abakozi batatu b’Ikigo cy’Igihugu muri Uganda

Impanuka yatewe n’inzovu yahitanye abakozi batatu b’Ikigo cy’Igihugu muri Uganda

by radiotv10
25/05/2026
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yari itwaye abakozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro muri Uganda, yakoreye impanuka mu muhanda...

Igishobora gukurikira iyegura rya Perezida w’Inteko muri Senegal ribayeho hatutumba umwuka mubi muri Politiki

Igishobora gukurikira iyegura rya Perezida w’Inteko muri Senegal ribayeho hatutumba umwuka mubi muri Politiki

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Senegal, El Malick Ndiaye, yatangaje ko yeguye mu gihe hari byinshi bikiri urwijiji muri politiki...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Amakuru mashya: Muri Congo imirwano yahinduye isura

by radiotv10
22/05/2026
0

Mu bice biri mu nkengero y’agace ka Rubaya muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imirwano...

IZIHERUKA

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani
AMAHANGA

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

25/05/2026
Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

25/05/2026
Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

25/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.