Muri tombola y’amatsina yuko amakipe azakinwa igikombe cyitiriwe Perezida w’u Rwanda, CECAFA Kagame Cup, ikipe ya Rayon Sports yisanze mu itsinda ririmo ikpe ya Al-Hilal S.C. yarangije umwaka w’imikino iyoboye Shampiyona y’u Rwanda.
Ni tombola yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Nyakanga yuko amakipe azakina mu matsinda y’iki gikombe cy’uyu mwaka.
Ikipe ya Rayon Sports, iri mu itsinda C, uretse iyi kipe Al-Hilal S.C. bizaba biri kumwe, izaba iri kumwe kandi n’amakipe nka Tusker FC yo muri Kenya, ndetse na KVZ FC yo muri Zanzibar muri Tanzania.
Mu itsinda A, ikipe ya APR FC yo mu Rwanda, izaba iri kumwe na Vipers S.C yo muri Uganda, Gor Mahia F.C. yo muri Kenya, Garde Républicaine yo muri Djibouti.

Ni mu gihe itsinda B, rizaba ririmo ikipe ya Singida Black Stars FC yo muri Tanzania, Simba S.C. na yo yo muri Tanzania, Jamus SC yo muri Sudani y’Epfo, ndetse na Mogadishu C.C. yo muri Somalia.
Irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ry’umwaka ushize, igikombe cyegukanywe na Singida Black Stars FC yo muri Tanzania.
RADIOTV10