Monday, July 13, 2026
RW|EN
AMAHANGA

AMAKURU MASHYA: Biravugwa ko AFC/M23 yarekuye ibice byinshi muri Walikare

AMAKURU MASHYA: Biravugwa ko AFC/M23 yarekuye ibice byinshi muri Walikare

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari kuva mu bice byinshi byo muri Gurupoma ya Ikobo muri Teritwari ya Walikare mu burasirazuba rwa DRC.

Aba barwanyi batangiye kuva muri ibyo bice ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje tariki 11 Nyakanga 2026 nk’uko byemejwe n’abahaye amakuru ikinyamakuru ACTUALITE.CD dukesha aya makuru.

Aba barwanyi bari kuva mu bice byo muri Gurupoma ya Ikobo muri Segiteri ya Wanianga, muri iriya Teritwari ya Walikare.

Amakuru yatangajwe n’Umuyobozi wa Gurupoma ya Ikobo, avuga ko abarwanyi ba AFC/M23 bari bafashe ibice bya Bukumbirwa, Rusamambu, Kateku, na Buleusa, bakaba babivuyemo, bajyanye nibikoresho byabo birimo intwaro.

Amakuru yatanzwe n’uyu muyobozi kandi, avuga ko aba barwanyi bavuye muri ibyo bice berekeza muri Teritwari za Lubero na Rutshuru, mu gihe kugeza ubu nta tangazo rirashyirwa hanze rivuga kuri iki gikorwa cyo kuba AFC/M23 iri kurekura ibi bice.

Gusa hari amakuru avuga ko nyuma yuko aba barwanyi ba AFC/M23 bavuye muri ibi bice, hari abantu bafite imbuda bari kuhagaragara bikekwa ko ari abahawe imyitozo n’iri Huriro, kugira ngo bakomeze kubirinda banahangana n’imitwe ifatanya na Leta mu kubangamira abaturage.

Uku kurekura ibi bice byakozwe na AFC/M23, kubayeho nyuma yuko iyi Gurupoma yigeze kumara igihe kinini irangwamo imirwano ikomeye kimwe no mu bindi bice byo muri Teritwari ya Walikare, yatumye hari abaturage benshi bari bahatuye bahunga.

Kugeza ubu nta tangazo riturutse mu nzego yaba iza gisirikare cyangwa iza gisivile, yaba ku ruhande rwa AFC/M23 na Leta, rivuga ku kurekura ibi bice.

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =