Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Gicumbi, akurikiranyweho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umukobwa we w’imyaka 19, akaba ahakana icyaha.
Uyu mugabo usanzwe atuye mu Kagari ka Kabeza Umurenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Gicumbi, akurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi.
Uregwa wamaze kuregerwa Ubushinjacyaha mu rubanza ku ifungwa ry’agetanyo, yaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi, aho Ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa by’agateganyo iminsi 30.
Ubushinjacyaha dukesha iyi nkuru, buvuga ko “busaba ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo, nyuma yo gukekwaho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umukobwa we w’imyaka 19 y’amavuko.”
Ni mu gihe uregwa, ubwo yagezwaga imbere y’Urukiko, we yahakanye icyaha akekwaho cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umukobwa we yibyariye.
Uyu mugabo aramutse ahamijwe icyaha akurikiranyweho, yahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 10 na 15 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW) nk’uko biteganywa n’ingingo ya 134 y’Itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 ryerekeye ibyaha n’ibihano muri rusange.
Iyi ngingo ivuga ko “Umuntu wese uhamijwe n’urukiko gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka icumi (10) ariko kitarenze imyaka cumi n’itanu (15) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW).”
RADIOTV10