Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, hari kubera ibikorwa byo kwibuka imyaka 25 ishize habaye ibitero by’iterabwoba, biteganyijwe no kwitabirwa n’abahoze ari Abaperezida b’iki Gihugu bose bakiriho.
Kuri uwo munsi, abantu 2,977 ni bo bahitanywe n’ibyo bitero, ubwo abantu bari bashimuse indege eshatu bazigongeshaga inyubako za World Trade Center i New York no ku nyubako ya Pentagon muri Virginia.
Indege ya kane yari yashimuswe na yo yaguye mu murima wo muri leta ya Pennsylvania, nyuma y’uko bamwe mu bagenzi bari bayirimo bagerageje kurwanya abayishimuse.
Biteganyijwe ko I New York, Visi Perezida wa Amerika, JD Vance, hamwe na ba Perezida bane bahoze bayobora Amerika bakiriho, barimo George W. Bush wari Perezida igihe ibyo bitero byabaga, baza kwifatanya na Meya wa New York, Zohran Mamdani, ndetse n’imiryango y’abahitanywe n’ibitero, mu muhango wo kwibukira ku rwibutso rwa 9/11 ruri mu gace ka Manhattan.
Muri uwo muhango kandi harabaho iminota yo guceceka, hibukwa ibihe indege ebyiri zari zashimuswe n’abarwanyi ba Al-Qaeda zagongaga iminara ibiri ya World Trade Center, ndetse n’igihe buri munara waguye.
Abagize imiryango y’abahitanywe n’ibitero barasoma mu ijwi riranguruye amazina y’abantu bose 2,977 baguye i New York, i Washington ndetse no muri Pennsylvania. Hanibukwe amazina y’abandi bantu batandatu bishwe mu gitero cyagabwe kuri World Trade Center mu mwaka wa 1993.
Perezida Donald Trump we aribukira ibi bitero ku nyubako ya Pentagon, aho aza kwifatanya n’abandi mu guha icyubahiro abahitanywe nabyo.
Naho muri Shanksville muri Pennsylvania, na ho harabera umuhango wo kwibuka abantu bahitanywe n’indege ya kane yari yashimuswe yaguye nyuma y’uko abagenzi bayirimo bahagurukiye kurwanya abayishimuse. Iyo ndege yari igana i Washington.
Si muri Amerika gusa hari bwibukwe ibyo bitero, kuko no mu bwongereza Bwongereza, kuri uyu munsi hari kubera igikorwa cyo kwibuka no guha icyubahiro abahitanywe n’ibitero bya 9/11. Iki gikorwa cyabereye muri Queen Elizabeth Olympic Park i London. Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Burnham, na we yunamiye abahitanywe n’ibyo bitero , barimo n’Abongereza babiguyemo.
Abasesengura politiki ya Amerika, bavuga Nubwo Uyu munsi kuri iyi tariki 9. 11 .2026, imyaka 25 irashize ibyo bitero bibaye, ingaruka zabyo ku mutekano, politiki n’imibereho y’Abanyamerika ziracyagaragara kugeza n’ubu.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10