Abahanga baherutse gukora urugendo rwerecyeza hafi y’ukwezi mu butumwa bwiswe Artemis II bagarutse ku Isi amahoro, nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1 ari na rwo rurerure rubayeho mu mateka y’ikiremwamuntu ruva ku Isi.
Uru rugendo rwongeye kubaho nyuma y’imyaka irenga 50, rwakozwe n’abahanga bane ari bo Reid Wiseman, Victor Glover, Christina Koch na Jeremy Hansen, bagarutse nyuma y’iminsi icumi bari muri ubu butumwa.
Icyogajuru cyabagaruye ku Isi, cyaguye mu nyanja ya Pacific muri San Diego kuri uyu wa Gatanu saa mbiri n’iminota irindwi (08:07’), ubundi andi mato n’indege byo kujya kubakira bihita bijya kubasanganira.
Ubwo icyogajuru cyari kigaruye aba bagendajuru cyagwaga mu nyanja, abari bakurikiranye iby’iki gikorwa, bakomaga amashyi banishimira aya mateka yongeye kwandikwa mu buzima bw’ikiremwamuntu yaherukaga mu myaka 50 ishize.
Bagarutse ku isi nyuma yo gukora urugendo rw’ibilomero birenga miliyoni 1,1 rwo kuva ku Isi berecyeza mu isanzure, ndetse n’urwo kugaruka.
Bakimara kugera ku Isi, bahise bajya gukorerwa isuzuma ku buzima bwabo, aho abahanga baribakoreye, bemeje ko ntakibazo na gito bari bafite, ndetse ko bahagaze bwuma kurenza uko byatekerezwaga.
Muri ubu butumwa bwateguwe n’Ikigo cy’Abanyamerika cy’Ubumenyi bw’Isanzure NASA, hagaragajwe amashusho y’Ukwezi n’imiterere yako, ndetse n’uburyo giteganye n’Isi.
Ubu butumwa bwakozwe n’abahanga b’Abanyamerika n’Umunya-Canada umwe, bwari bugamije kujya gusuzuma ibikikije ukwezi, nk’intambwe ya mbere yo kwiga uburyo abantu bajya gutura ku wundi Mubumbe.


RADIOTV10










