Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Airtel Rwanda yazanye agashya gashyira igorora abakiliya bayo kanabazaniye impano zizabanogera

radiotv10by radiotv10
06/12/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Airtel Money Revamps Interoperability: Launches new campaign WAMENYE WAGUAN?! To promote Seamless Cross-Network Transfers with Free Bundles
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho ya Airtel Rwanda yamuritse uburyo bushya bwo kwakira no kohereza amafaranga kuri Airtel Money ku mirongo yose bidasabye kunyura mu nzira nyinshi nk’uko byari bisanzwe, bwanazanye na Poromosiyo y’ubwasisi bwo kubaha inyongezo ya inite za interineti n’izo guhamagara.

Ubu buryo bushya bwo kohereza no kwakira amafaranga ku yindi mirongo, bwitezweho korohereza abakoresha umurongo wa Airtel Rwanda kwakira no kohereza amafaranga bitabagoye.

Umuyobozi Mukuru wa Airtel Money mu Rwanda, Jean Claude Gaga avuga ko iyi serivisi imaze igihe itangijwe, ariko ko uburyo yakoreshwaga hari harimo imbogamizi, ubu zikaba zavuyeho.

Ati “Wasangaga umufatabuguzi asabwa kugira ngo yemeze amabwiriza bigasa n’aho asubiyemo gahunda yo kwemeza amabwiriza aba yarakoze ajya ku murongo. Ubu guhera none umukiliya yaba undi murongo uwo ari wo wose cyangwa Airtel Money iyo agiye kohereza amafranga ntabwo bimusaba ko uriya muntu wundi aba yaremeje amabwiriza mbere yuko abona amafaranga.”

Yavuze ko ubu kohereza amafaranga ku yindi mirongo, byoroshye, ari ugukanda *182*1*2# ubundi uwohereza agakurikiza amabwiriza.

Usibye korohereza abakiliya, Airtel Money ivuga ko uburyo bushya bwo kohereza no kwakira amafaranga ku yindi mirongo, ubu byazanye n’impano ku mukiliya buri uko yohereje amafaranga, muri poromosiyo yiswe Wamenye WAGUAN!.

Jean Claude Gaga ati “Nukoresha tuzajya tuguha bundle yo gukoresha interinete cyangwa iyo guhamagara. Iyo ufite telefone ya tashi (smart phone) uzajya ubona hagati ya megabayiti 300 na gigabayiti imwe buri uko wohereje ariko nibura wohereje kuva ku maaranga ari hejuru y’igihumbi y’Igihumbi.”

N’abafite telefone zisanzwe, ntibirengagijwe ko na bo nibakoresha ubu buryo, bazajya bahabwa bundlre zo guhamagara ku mirongo yose ingana n’iminota 40 ikoreshwa mu masaha 24.

N’ababikuza amafaranga na bo, bagenewe iyi mpano, nabwo bikazajya bisaba kubikuza guhera ku mafaranga 1 000 ku mu agent wa Airtel Money.

Airtel Money ivuga ko ku bantu bohereje amafranga arenze 1 000 Frw bazajya bahabwa Megabytes 300 buri uko bohereje, naho abohereje arenga ibihumbi 7000 Frw bahabwe impano ya Gigabit 1.

Ubu buryo bwatangijwe kuri uyu wa Kane

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + six =

Previous Post

Guverinoma y’u Burundi yatanze umucyo ku muyobozi mu Nzego Nkuru wagiye i Burayi ntagaruke

Next Post

Indwara y’amayobera yagaragaye muri Congo ikomeje kuba inshoberamahanga inahitana benshi

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indwara y’amayobera yagaragaye muri Congo ikomeje kuba inshoberamahanga inahitana benshi

Indwara y’amayobera yagaragaye muri Congo ikomeje kuba inshoberamahanga inahitana benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.