Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo yagezwaga imbere y’Urukiko ku nshuro ya mbere, yavuze ko akiri Perezida, anagaragaza agahinda k’ibyo yakorewe.
Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere aho Maduro n’umugore we Cilia bagezwaga imbere y’Urukiko rwo ku Rwego rw’Akarere mu Majyepfo ya New York.
Aba bombi bahakanye ibyaha byose baregwa nk’uko bikubiye mu kirego cy’ibyaha bashinjwa birimo umugambi w’iterabwoba ushingiye ku biyobyabwenge, umugambi wo kwinjiza Cocaine mu Gihugu, n’ibyaha bibiri bijyanye n’intwaro.
Maduro aregwa ibyaha byose bine, mu gihe umugore we Flores ashinjwa kwinjiza Cocaine mu Gihugu n’ibyaha byo gutunda intwaro, ariko we akaba adashinjwa iterabwoba rishingiye ku biyobyabwenge, icyaha gihanishwa igihano kirekire. Inyandiko y’ibirego ivuga abandi bane, batashyikirijwe urukiko uyu munsi.
Mu magambo ye ya mbere, Maduro yagize ati “Ndi perezida wa Repubulika ya Venezuela… Nashimutiwe iwanjye i Caracas, muri Venezuwela. Ndi perezida washimuswe, imfungwa y’intambara. Ndi umwere. Nta cyaha nakoze. Ndi indakemwa.”
Umucamanza w’Urukiko Alvin Hellerstein, yaciye mu ijambo Maduro, amubwira ko ibyo yari atangiye kuvuga byo gushimutwa bizaganirwaho n’Urukiko “mu izindi nzira z’amategeko” mu iburanisna rizaba nyuma. Urubanza rutaha ruza tariki 17 Werurwe.
Umunyamategeko wunganira Maduro, Barry Pollack, yavuze ko hari “ibibazo bijyanye n’amategeko y’ishimutwa rye rya gisirikare.” Bikwiye kubanza kuganirwaho.
Naho Flores, Madamu wa Maduro, we yagize ati “Ndi Madamu wa Perezida wa Repubulika ya Venezuela.” Ubwo yasabwaga kwiregura ku byaha bitatu aregwa, yasubije ati “Nta cyaha nigeze nkora, nta na kimwe.”
Maduro na Madamu we Flores bajyanywe muri Leta Zunze Ubumwe za America, ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, nyuma yuko itsinda ry’abakomando kabuhariwe b’igisirikare cya America, babasanze mu rugo rwabo ruri i Caracas, umurwa mukuru wa Venezuela.

RADIOTV10











