Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

radiotv10by radiotv10
10/04/2026
in MU RWANDA
0
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu Karere ka Huye bavuga ko bishimira kuba barubakiwe inzu zo kubamo nyuma ya Jenoside, ariko bagasaba ko zasanwa kuko zimaze gusaza.

Mu Murenge wa Tumba, Akagari ka Cyarwa, Umudugudu wa Mukoni, ni hamwe mu hagaragara iki kibazo. Abarokotse Jenoside bahatuye bavuga ko nubwo bubakiwe inzu zabafashije kongera kubaho, ubu zimaze gusaza cyane.

Habinshuti Emmanuel, umwe mu barokotse Jenoside, yagize ati “Turashima ko twubakiwe tukabona aho kuba, ariko ubu inzu zirashaje cyane. Zimwe zirimo gusenyuka gahoro gahoro, kandi nta bushobozi dufite bwo kuzisana.”

Ingabire Emmanuel na we ati “Inzu yanjye yarashaje cyane. Byaba byiza isaniwe, kuko yangiritse bikabije. Yubatswe kera cyane kandi nta bushobozi mfite bwo kwisanira.”

Undi muturage, Nyirahabimana Claudine, na we agaragaza ko ikibazo cyabo gikeneye kwitabwaho byihuse, ati “Dufite ibibazo byinshi byaturutse ku ngaruka za Jenoside, ubukene buracyari bwinshi. Turasaba ubuyobozi kudufasha izi nzu zigasanywa tukongera kubaho neza.”

Perezida wa Ibuka mu Karere ka Huye, Théodate Siboyintore, avuga ko iki kibazo kizwi kandi cyakorewe ubuvugizi, bityo kikazagenda gishakirwa igisubizo.

Ati “Hari inzu zubatswe mu gihe Jenoside yari irangiye, zimaze igihe kinini zirashaje. Turizeza abarokotse Jenoside ko dukomeje ubuvugizi, kandi twizeye ko zizasanwa uko ubushobozi bugenda buboneka.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye na bwo buvuga ko iki kibazo bukizi, kandi ko hari gahunda yo gukomeza gusana inzu z’abatishoboye hashingiwe ku bushobozi buhari.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko hibandwa cyane ku bakennye kurusha abandi.
Ati “Gusana amazu y’abaturage batishoboye ni ibikorwa bikorwa buri mwaka, kandi haherwa ku batishoboye kurusha abandi muri gahunda yo gufasha abaturage kwivana mu bukene. Uyu mwaka hari imiryango 16 y’abatishoboye barokotse Jenoside iri gufashwa kubakirwa amazu mashya mu karere (harimo n’ashaje cyane yasenywe akubakwa bushya), ndetse n’abandi bafite amazu asanwa mu mazu 138 ari gusanwa cyangwa kubakwa muri gahunda yo gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage. Abubakiwe amazu muri rusange tubasaba kuyafata neza kuko ari ayabo, no kugira uruhare mu kuyasana ibiri mu bushobozi bwabo.”

Iki kibazo si mu Murenge wa Tumba gusa kigaragara, kuko no mu yindi mirenge igize Akarere ka Huye hari inzu zubakiwe abarokotse Jenoside zigaragaza gusaza. Hirya no hino hakaba hari kubakwa izindi nshya zikoreshejwe ibikoresho birambye, mu rwego rwo gukemura iki kibazo burundu.

Inzu bubakiwe zaashaje cyane
Basaba ko zasanwa kuko zibateye impungenge

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + sixteen =

Previous Post

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Next Post

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.