Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene, bahawe inkunga ya miliyoni 3 Frw yo kwikura mu bukene, baravuga ko umushinga w’ubworozi bw’inkoko bigiwe n’ubuyobozi, batabona inyungu iwuvamo, kuko inkoko n’amagi bigurishijwe batamenya irengero ry’amafaranga.
Aba bakecuru bibumbiye mu itsinda rizwi nka ‘Twungubumwe’, batuye mu Mudugudu wa Mukoni mu Kagari ka Cyarwa muri uriya Murenge wa Tumba.
Aba bakecuru batashatse kwivuga amazina yabo bagaragaza ko bahuye n’ibihombo kandi bari barahawe amafaranga yo kubakura mu bukene.
Umwe ati “MINALOC yaduhaye amafaranga agana na miliyoni eshatu n’ibihumbi magana inani yo kwikura mu bukene nk’abakecuru barokotse Jenoside. Veterineri w’Akarere aduhuza na kompanyi ya Uzima Chicken ngo ijye iduha inkoko ndetse inatugurishirize umusaruro, nyuma birangira inkoko tuzoroye amafaranga avuyemo turayategereza turayabura. Twanabaza abo batubaturangiye ntibagire icyo batubwira, dore ko abo batubaturangiye batugurishirije nimero za telefone bari baduhaye bazikuyeho.”
Undi ati “Tworoye inkoko mu mafaranga bari baduhaye, abatugurishirije bakuraho nimero za telefone bari baduhaye. Amafaranga bacuruje twayobewe irengero ryayo. Twanabaza abayobozi baduhuje na bo ntibagire icyo batubwira. Aho bigeze twahuye n’ibihombo bikabije. Twifuza ko abaduhuje na bo badufasha tukabona amafaranga yacu tukabasha kwikura mu bukene.”
Uhagarariye umushinga Uzima Chicken mu Karere ka Huye na Nyaruguru, Eric Bizimana, aba baturage bashyira mu majwi kuba ari bo babahuzaga n’ababagurishirizaga inkoko n’amagi, ahakana ibyo kubahuza n’ababaguriraga, akavuga ko bo icyo bakoraga ari ukubaha inkoko gusa, iby’ababagurishirizaga ngo ntabyo azi.
Ati “Kubahuza n’abagurishiriza abaturage twabikoraga kera. Ubu icyo dukora ni ukubaha inkoko n’amagi gusa, bo bakishakira abazabagurira. Twe ntabwo twabahuje, ubwo ni abo bishakiye. Bakwifashisha inzego zibishinzwe bagatanga ikirego, ababagurishirije bakabajyanira amafaranga bagakurikiranwa.”
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko ikibazo cy’aba bakecuru kigiye gukurikiranwa.
Ati “Abo bakoranaga gushaka isoko ry’inkoko (imishwi), hari bane tumenye babarimo Frw 161,000. Turakurikira amasezerano bagiranye n’Umurenge bayubahirize bishyure.”
Aba bakecuru bavuga ko itsinda ryabo bari bahawe amafaranga arenga miliyoni eshatu n’ibihumbi magana inani, ariko kuri ubu hakaba hasigaye kimwe cya kabiri cyayo, ngo bitewe n’uko andi menshi yagiye agendera mu babagurishirizaga inkoko n’amagi ntibishyure. Aho ngo kuri ubu batagikora ubwo bworozi bw’inkoko bitewe no kubona bwarabahombeye.


Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10









