Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

radiotv10by radiotv10
10/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene, bahawe inkunga ya miliyoni 3 Frw yo kwikura mu bukene, baravuga ko umushinga w’ubworozi bw’inkoko bigiwe n’ubuyobozi, batabona inyungu iwuvamo, kuko inkoko n’amagi bigurishijwe batamenya irengero ry’amafaranga.

Aba bakecuru bibumbiye mu itsinda rizwi nka ‘Twungubumwe’, batuye mu Mudugudu wa Mukoni mu Kagari ka Cyarwa muri uriya Murenge wa Tumba.

Aba bakecuru batashatse kwivuga amazina yabo bagaragaza ko bahuye n’ibihombo kandi bari barahawe amafaranga yo kubakura mu bukene.

Umwe ati “MINALOC yaduhaye amafaranga agana na miliyoni eshatu n’ibihumbi magana inani yo kwikura mu bukene nk’abakecuru barokotse Jenoside. Veterineri w’Akarere aduhuza na kompanyi ya Uzima Chicken ngo ijye iduha inkoko ndetse inatugurishirize umusaruro, nyuma birangira inkoko tuzoroye amafaranga avuyemo turayategereza turayabura. Twanabaza abo batubaturangiye ntibagire icyo batubwira, dore ko abo batubaturangiye batugurishirije nimero za telefone bari baduhaye bazikuyeho.”

Undi ati “Tworoye inkoko mu mafaranga bari baduhaye, abatugurishirije bakuraho nimero za telefone bari baduhaye. Amafaranga bacuruje twayobewe irengero ryayo. Twanabaza abayobozi baduhuje na bo ntibagire icyo batubwira. Aho bigeze twahuye n’ibihombo bikabije. Twifuza ko abaduhuje na bo badufasha tukabona amafaranga yacu tukabasha kwikura mu bukene.”

Uhagarariye umushinga Uzima Chicken mu Karere ka Huye na Nyaruguru, Eric Bizimana, aba baturage bashyira mu majwi kuba ari bo babahuzaga n’ababagurishirizaga inkoko n’amagi, ahakana ibyo kubahuza n’ababaguriraga, akavuga ko bo icyo bakoraga ari ukubaha inkoko gusa, iby’ababagurishirizaga ngo ntabyo azi.

Ati “Kubahuza n’abagurishiriza abaturage twabikoraga kera. Ubu icyo dukora ni ukubaha inkoko n’amagi gusa, bo bakishakira abazabagurira. Twe ntabwo twabahuje, ubwo ni abo bishakiye. Bakwifashisha inzego zibishinzwe bagatanga ikirego, ababagurishirije bakabajyanira amafaranga bagakurikiranwa.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko ikibazo cy’aba bakecuru kigiye gukurikiranwa.

Ati “Abo bakoranaga gushaka isoko ry’inkoko (imishwi), hari bane tumenye babarimo Frw 161,000. Turakurikira amasezerano bagiranye n’Umurenge bayubahirize bishyure.”

Aba bakecuru bavuga ko itsinda ryabo bari bahawe amafaranga arenga miliyoni eshatu n’ibihumbi magana inani, ariko kuri ubu hakaba hasigaye kimwe cya kabiri cyayo, ngo bitewe n’uko andi menshi yagiye agendera mu babagurishirizaga inkoko n’amagi ntibishyure. Aho ngo kuri ubu batagikora ubwo bworozi bw’inkoko bitewe no kubona bwarabahombeye.

Bavuga ko bakomeje kugarizwa n’ubukene nyamara bari bizeye ko bagiye kubusezerera

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Next Post

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.