Abari mu bugenzuzi bwo gutahura abacuruza inzoga z’inkorano mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bababajwe no gusanga abana babiri barimo uwiga mu mashuri abanza, bari mu kabari banywa izo nzoga, banenga umucuruzi watinyutse kuzibaha.
Aba bana bari basibye ishuri, basanzwe mu kabari gaherereye mu Kagari ka Kamashangi muri uriya Murnege wa Kamembe, barimo umwe wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza, undi mu wa kabiri w’ayisumbuye.
Abari muri ubu bugenzuri bwakorwaga ku bufatanye bw’Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu Murenge wa Kamembe n’iz’umutekano, bavuga ko bababajwe no kuba umucuruzi w’ako kabari atinyuka gukora ruriya ruvangitirane rw’amakosa.
Umwe waganiriye n’ikinyamakuru cyitwa Imvaho Nshya, yagize ati “Ni ibintu byatubabaje twese, twibaza uburyo umuntu ucuruza akabari, akora amakosa yo gucuruza ibitujuje ubuziranenge, mu masaha y’igitondo, y’akazi kuko hari mu ma saa tanu n’igice z’amanywa, akanagerekaho kwemerera abana azi neza ko bagiye ku ishuri, anarituriye, kunywa inzoga, nk’umubyeyi na we ngo agire icyo abikoraho.”
Nyiri ako kabari ufite imyaka 35, yahise acika, mu gihe inzego zahise zitangira kumushakisha kugira ngo ashyikirizwe inzego zibishinzwe, mu gihe litiro 300 z’inzoga z’inzoga z’inkorano zariho zinanyobwa n’aba banyeshuri, zahise zimenwa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Ingabire Joyeux, avuga ko aba bana bahise baganirizwa bakibutswa ibindi byo kunywa inzoga no gusiba ishuri, bagasabwa kutazabisubira.
Yagize ati “Turakomeza gukurikirana niba nta bandi bana bata cyangwa basiba ishuri bagiye mu biyobyabwenge.’’
Uyu muyobozi kandi yaboneyeho gusaba abafite utubari kwirinda kugwa mu makosa nk’ayo yo guha inzoga abana, ahubwo ko mu gihe hari abo babonye basibye ishuri, bajya babagira inama za kibyeyi.
RADIOTV10









