Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

radiotv10by radiotv10
11/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yatangaje ko kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, atari igitangaza, kandi ko kuba iki Gihugu cyifuza gutanga umukandida bazahatana, kuri we ntacyo bimutwaye kuko yifitiye icyizere.

Louise Mushikiwabo yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique, nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda yongeye kumutanga nk’umukandida wo guhatanira uyu mwanya muri manda ya gatatu.

Ikiganiro mu bibazo bya Jeune Afrique n’ibisubizi bya Mushikiwabo.

Jeune Afrique (J.A.): Kubera iki ushaka kwiyamamariza manda ya gatatu?

Louise Mushikiwabo (L.M.): Ni uko hari ibyo ngomba gukorera umuryango wa OIF.  Manda yanjye ya mbere yibanze mu gushyiraho amavugurura n’imiyoberere mu muryango, nubwo hari imbogamizi z’icyorezo cya COVID-19, byatumye haba impinduka nyinshi mu muryango.

Muri manda ya kabiri hari hariho kwibanda ku mavugurura yo kwegereza ubuyobozi abanyamuryango ngo kongera abagenzuzi mu bikorwa bya OIF.

Kubera iki se ntakomeza muri manda ya gatatu hashyiraho gahunda n’imishinga kandi ngomba kwitaho.

J.A.: Ni icyifuzo mwamaze kugaragariza ibihugu bigize umuryango?

L.M.: Ntabwo nagomba gutegereza igihe kinini, uko hashira igihe ni na ko nshaka kugira byinshi ngeza ku muryango nkuko ari cyo mpamagariwe gukorera OIF.

Kuba hari ibihugu byinshi byanshyigikiye mu nama y’Abaminisitiri ba OIF yabaye mu Gushyingo umwaka ushize byanyeretse ko ngomba kwiyamamaza bitaba ari igitekerezo kibi. Ni yo mpamvu u Rwanda rwahisemo kongera gutanga kandidatire yanjye.

J.A.: Ese ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi birimo u Bufaransa na Canada byaba bigushyigikiye?

L.M.:  Ndatekereza ko amatora ari meza ku miyoborere y’uyu muryango. Biragaragaza iterambere kandi bituma abantu bamenya ko ukora neza. Ntabwo nshaka kugaragaza igihugu runaka nshyigikiye ariko hari byinshi bishyigikiye ko nkomeza kuyobora OIF, yaba ibyo mu Majyepfo no mu Majyaruguru y’Isi.

Bashobora guhindura ibitekerezo rwose birashoboka, ariko icya mbere bareba n’ibyabaye mu mateka ya OIF, hagomba kuba amatora ashingiye ku bunararibonye, ibigenderwaho umukandida aba yujuje bisobanutse.

J.A.: Ese namwe muzi amakuru y’ibihugu bimwe bitita ku ntego z’umuryango by’umwihariko bitagushyigikiye, birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Burundi?

L.M.: Buri matora agomba kugira abahanganye, bakabikoresha mu mpamvu za politi nk’iturufu yo gutsinda. Kanditure yanjye ntabwo ishyigikiwe na RDC, ibyo ntabwo bitangaje. Uko kunshyigikira mbigereranya n’amategeko aba mu mikino.

JA: Mu 2022 wongeye gutorwa ese kuri iyi nshuro ubona bigoye cyane ugereranyije n’uko byari bimeze kiriya gihe?

LM: Njyewe ntabwo njya ntinya imbogamizi. Uhereye ku byo tuzi. Leta ya Kinshasa, iri gutegura umukandida wayo izatanga ngo duhangane, ibyo nta kibazo ni byiza.  Ibihugu bizihitiramo, Reka bazitorere! Mu by’ukuri, ndatekereza ko aya matora ari agamije guha ubuzima OIF.

Nagaragaje uko umuryango wateye imbere kandi birigaragaza. Njyewe nifitiye icyizere nshingiye kuri kanditire yanjye n’imigendekere y’amatora.

J.A.: Ese wasobanura gute umubano wawe n’ubutegetsi bwa Congo?

L.M.: Ntabwo ari ibanga kuba ari Umunyarwandakazi uyobora OIF ntabwo bishimisha ubutegetsi bwa Leta ya Kinshasa.

Ibyo ntabwo mbifiteho ikibazo. Perezida Tshisekedi, ni muyobozi wa mbere nasuye bwa mbere nkitangira kuyobora OIF, nyuma yaho twanahuriye inshuro nyinshi i Paris, Addis Ababa, Washington n’ahandi. Ubu ntabwo agishaka ko duhura.

J.A.: Ubu ntabwo ukigenderera Kinshasa, nka kimwe mu bihugu bikomeye bigize umuryango wa Francophonie?

L.M.: Ntabwo Kinshasa yigeze intumira, Abanyekongo nibaramuka bantumiye nzajyayo. Nzi neza ko igihugu cya RDC ari umunyamuryango w’ingenzi.

RDC ni umufatanyabikorwa muri gahunda za OIF mu nzego z’uburezi, umuco, amahoro no guteza imbere uburinganire bw’abagabo n’abagore.

Umuryango Panzi Foundation, uyobowe n’Umunyekongo Denis Mukwege, wahawe inkunga guhera mu 2020 binyuze mu bufatanye bwawo na OIF. Njyewe RDC nyifata nk’umunyaryango w’ingenzi mu bihugu bigize OIF, nubwo ibihugu byacu bifite umubano utifashe neza, ntabwo twabura aho duhurira.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − two =

Previous Post

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Next Post

Why Being Alone Sometimes Is Healthier Than Being Surrounded by People

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Why Being Alone Sometimes Is Healthier Than Being Surrounded by People

Why Being Alone Sometimes Is Healthier Than Being Surrounded by People

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.