Ikipe ya Rayon Sports yemeje ko abakinnyi bayo Mugisha Didier na Emery Bayisenge batazagaragara ku mukino wo kuri uyu wa mbere bazakiramo Al-Merriekh.
Aba bakinnyi bombi bavunikiye ku mukino ubanza wa 1/4 w’igikombe cy’amahoro Rayon Sports yanganyijemo na Police FC ku wa 4.
Emery Bayisenge yabanje mu kibuga asohoka ku munota wa 23 ubwo yagonganaga na Rutahizamu wa Police FC Ani Elijah, akaza gukandagira nabi bigatuma agira ikibazo cy’inyama y’inyuma mu kibero, agahita asimbuzwa Nshimiyimana Emmanuel Kabange.
Mugisha Didier na we yagize ikibazo kijya gusa n’icya mugenzi we kuko inyama ye yo mu itako yegutse biba ngombwa ko asimbuzwa nyamara nawe yari yaje mu kibuga asimbuye.
Nubwo Rayon Sports itabyemeje, andi makuru ahari avuga ko na Bigirimana Abedi ashidikanywaho kuri uyu mukino cyane ko nawe yari yavuye mu kibuga ababaye we akanisabira gusimbuzwa, icyakora kuri we hari icyizere ko yagaruka ku wa 4 ubwo Rayon Sports izakira Police FC mu mukino wo kwishyura wa 1/4 mu gikombe cy’amahoro.
Nubwo iyi kipe ifite ibi bibazo by’imvune ariko, irishimira ko yagaruye Tambwe Ngongo Gloire utari wakinnye umukino uheruka, yagaruye kandi Tshimanga Ramazani, Aziz Dao, Joachiam Vigninou na Yannick Bangala nabo batari bagaragaye ku mukino wa Police FC uheruka.
Iyi kipe ya Rayon igiye kwinjira mu cyumweru gikomeye aho uretse Al Merriekh bazakira kuri uyu wa mbere, Ku wa 4 bazakire Police FC mu gikombe cy’amahoro hanyuma ku cyumweru bazakine na Gasogi United.
Rayon Sports, ubu iri ku mwanya wa 4 n’amanota 38 ku rutonde rwa shampiyona n’umukino umwe itarakina, ikaba irushwa amanota 8 na APR FC ya mbere dore ko ifite amanota 46.



Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10









