• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

radiotv10by radiotv10
14/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi Aurélien Tchouaméni ukinira ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne, yanyomoje ubutumwa yitiriwe bwagaragaza ko yafashe umukunzi we aryamanye n’undi mugabo, avuga ko konti y’urubuga nkoranyambaga bwanyujijweho atari iye.

Mu minsi yashize ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye ubutumwa bwavugaga ko umukinnyi mpuzamahanga w’Umufaransa Aurélien Tchouaméni yaba yarahemukiwe n’umukunzi we, Suzette Carter, ibintu byatumye benshi mu bafana be babyitaho cyane.

Ubutumwa bwari bwakwirakwiye bwagaragazaga amagambo asa n’aho yanditswe n’uyu mukinnyi wa Real Madrid, agaragaza agahinda ko kuba yaratahutse mu rugo hakiri kare agamije gutungura umukunzi we, ariko agasanga ari mu buriri ari kumwe n’undi mugabo. Muri ubwo butumwa bwavugaga ko umutima we washegeshwe ndetse ko ibyo bari barubakanye byose byabaye nk’ikinyoma.

Aya magambo yakwirakwiye cyane ku mbuga nkoranyambaga, bituma benshi batangira kuvuga ko uyu mukinnyi yaba ari mu bihe bikomeye mu buzima bwe bwite.

Ayo magambo byagaragaga ko yanditswe kuri instagram ahanyuzwa ubutumwa buzwi nka Story, yagira ati “Narakwizeye mu bintu byose. Natashye kare nshaka kugutungura. Ariko nasanze uri mu buriri bwacu uri kumwe na we [undi mugabo]. Umutima wanjye washegeshwe, sinshobora guhumeka. Ibyo twubakaga byose ni ikinyoma.”

Icyakora, Aurélien Tchouaméni yahise yihutira gusubiza ayo makuru ayahakana. Yifashishije imbuga nkoranyambaga ze, agaragaza ifoto y’ubwo butumwa bwari buri gukwirakwizwa, anavuga ko atari we wabwanditse. Yagize ati “Iyo si konti yanjye, mubyitondere.”

Aya magambo ya Tchouaméni agaragaza ko ibyo byavugwaga ku buzima bwe bw’urukundo atari byo, ndetse ko ubutumwa bwari buri gukwirakwizwa bwaturutse kuri konti itari iye.

Nubwo bimeze bityo, iyi nkuru yakomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bagaragaza ko amakuru nk’aya akwiye kubanza kugenzurwa neza mbere yo kuyakwirakwiza, cyane cyane iyo areba ku buzima bwite bw’ibyamamare.

Tchouaméni n’umukunzi we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + eight =

Previous Post

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Next Post

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.