Saturday, August 1, 2026
RW|EN
SIPORO

Gahunda y’imikino y’Igikombe kiruta ibindi mu Rwanda ‘Super Cup’ yashyizwe hanze

Gahunda y’imikino y’Igikombe kiruta ibindi mu Rwanda ‘Super Cup’ yashyizwe hanze

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryashyize hanze ingengabihe y’irushanwa ry’amakipe ane yabaye aya mbere muri Shampiyona y’u Rwanda 2025-26 (BK Pro League). Aya makipe akaba ari yo azakina FERWAFA Super Cup.

Iyi ngengabihe yoherejwe amakipe arimo APR FC, Rayon Sports, Kiyovu Sports na Police FC, igaragaza ko iri rushanwa rizakinwa tariki ya 22 Kanama hakinwa 1/2, mu gihe ku wa 28 Kanama hazakinwa umukino wa nyuma.

Ikipe y’Ingabo izakina na Kiyovu Sports yabaye iya gatatu, mu gihe Rayon Sports yabaye iya kabiri izakina na Police FC yabaye iya kane.

Ubundi Super Cup yajyaga ihuza ikipe yatwaye igikombe cya shampiyona ndetse n’iyatwaye Igikombe cy’Amahoro, ariko uyu mwaka itegeko ryaravuguruwe bigendanye n’umuterankunga iri rushanwa rizaba rifite, bahita bafata amakipe ane yaje imbere y’andi muri shampiyona ishize.

Mu mwaka ushize, Super Cup yari yakinwe na Rayon Sports ndetse na APR FC, igikombe cyegukanwa n’ikipe ya APR FC.

Jean Claude KANYIZO

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 10 =