Amakuru dukesha kimwe mu binyamakuru byo mu Burundi, aravuga ko iki Gihugu kimaze kohereza abasirikare bakabakaba ibihumbi 30 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva muri Kanama 2022.
Révérien Ndikuriyo, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, yashimangiye ko iki Gihugu kigifite abasirikare benshi mu burasirazuba bwa DRC.
Ni nyuma yuko abajijwe ku byari bimaze iminsi bivugwa ko u Burundi bwacyuye abasirikare babwo, agasubiza abitera utwatsi, avuga ko we abizi neza ko bakiriyo ahubwo ko abatashye ari abari mu bice bya Kamanyola, kandi ko na bo ari bacye, ndetse ko isaha n’isaha bashobora gusubirayo.
Ikinyamakuru SOS Médias Burundi, kirarangaza ko abasirikare babarirwa muri magana b’u Burundi bamaze kwicirwa mu ntambara yo muri DRC, abandi benshi bakahakomekera, mu gihe abandi bagiye bafatwa mpiri n’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bakabagira imfungwa z’intambara.
Iki Kinyamakuru kivuga ko amakuru gikura imbere muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu muri DRC, yemeza ko u Burundi bumaze kohereza abasirikare 29 862 uhereye ku itariki batangiye koherezwayo mu ijoro ryo ku ya 14 rishyira ku ya 15 Kanama (08) 2022, kugeza muri Werurwe 2023 ndetse no mu bihe byakurikiyeho.
Na mbere kandi yo kohereza aba abasirikare mu bufatanye hagati y’Ibihugu byombi, igisirikare cy’u Burundi cyari cyarohereje abasirikare benshi mu Ntara ya Kivu y’Epfo guhashya imitwe ibiri yitwaje intwaro irwanya iki Gihugu, ari yo RED-Tabara ndetse n’uwa FNL (Forces Nationales de Libération) wa General Nzabampema. Abo basirikare kandi babaga baherekejwe n’Imbonerakure.
Iki kinyamakuru SOS Médias Burundi, gitangaza ko amakuru cyahawe n’abasirikare bakuru barimo ufite ipeti rya Major n’undi ufite irya Colonel, yemeza ko hari abasirikare benshi bamaze gupfira muri Congo.
Nanone kandi mu kwezi k’Ukuboza 2025, abasirikare barenga 100 b’u Burundi bakomerekeye muri kiriya Gihugu, bagiye kuvurirwa mu Bitaro binyuranye by’i Bujumbura.
Amakuru avuga kandi ko aba basirikare bapfira muri Congo, bitajya bitangazwa mu buryo busanzwe bwemewe n’amategeko, ndetse nta n’indishyi zihabwa abo mu miryango yabo, yewe bamwe ntibahabwe n’uburenganzira bwo kugira uruhare mu mihango yo kubaherecyeza.
RADIOTV10









