Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

radiotv10by radiotv10
05/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru dukesha kimwe mu binyamakuru byo mu Burundi, aravuga ko iki Gihugu kimaze kohereza abasirikare bakabakaba ibihumbi 30 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva muri Kanama 2022.

Révérien Ndikuriyo, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, yashimangiye ko iki Gihugu kigifite abasirikare benshi mu burasirazuba bwa DRC.

Ni nyuma yuko abajijwe ku byari bimaze iminsi bivugwa ko u Burundi bwacyuye abasirikare babwo, agasubiza abitera utwatsi, avuga ko we abizi neza ko bakiriyo ahubwo ko abatashye ari abari mu bice bya Kamanyola, kandi ko na bo ari bacye, ndetse ko isaha n’isaha bashobora gusubirayo.

Ikinyamakuru SOS Médias Burundi, kirarangaza ko abasirikare babarirwa muri magana b’u Burundi bamaze kwicirwa mu ntambara yo muri DRC, abandi benshi bakahakomekera, mu gihe abandi bagiye bafatwa mpiri n’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bakabagira imfungwa z’intambara.

Iki Kinyamakuru kivuga ko amakuru gikura imbere muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu muri DRC, yemeza ko u Burundi bumaze kohereza abasirikare 29 862 uhereye ku itariki batangiye koherezwayo mu ijoro ryo ku ya 14 rishyira ku ya 15 Kanama (08) 2022, kugeza muri Werurwe 2023 ndetse no mu bihe byakurikiyeho.

Na mbere kandi yo kohereza aba abasirikare mu bufatanye hagati y’Ibihugu byombi, igisirikare cy’u Burundi cyari cyarohereje abasirikare benshi mu Ntara ya Kivu y’Epfo guhashya imitwe ibiri yitwaje intwaro irwanya iki Gihugu, ari yo RED-Tabara ndetse n’uwa FNL (Forces Nationales de Libération) wa General Nzabampema. Abo basirikare kandi babaga baherekejwe n’Imbonerakure.

Iki kinyamakuru SOS Médias Burundi, gitangaza ko amakuru cyahawe n’abasirikare bakuru barimo ufite ipeti rya Major n’undi ufite irya Colonel, yemeza ko hari abasirikare benshi bamaze gupfira muri Congo.

Nanone kandi mu kwezi k’Ukuboza 2025, abasirikare barenga 100 b’u Burundi bakomerekeye muri kiriya Gihugu, bagiye kuvurirwa mu Bitaro binyuranye by’i Bujumbura.

Amakuru avuga kandi ko aba basirikare bapfira muri Congo, bitajya bitangazwa mu buryo busanzwe bwemewe n’amategeko, ndetse nta n’indishyi zihabwa abo mu miryango yabo, yewe bamwe ntibahabwe n’uburenganzira bwo kugira uruhare mu mihango yo kubaherecyeza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 10 =

Previous Post

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

Next Post

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.