Mu bikorwa byo gushakisha imodoka yaguye muri Nyabarongo ku gice cyo mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga n’uwari uyitwaye, habonetse kimwe mu bice by’iyi modoka, mu gihe hagishakishwa umushoferi n’ikindi gice cy’imodoka.
Ibi bikorwa biri gukorwa na Polisi y’u Rwanda ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu mazi, nyuma yuko ku wa Gatatu tariki 25 Werurwe 2026 imodoka ya Howo ya Kompanyi y’Abashinwa iguye mu mugezi wa Nyabarongo mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga.
Kuva iyi modoka yagwamo mu gitondo cyo ku wa Gatatu, inzego z’umutekano iz’ibanze ndetse n’abaturage, bihutiye gutabara, ngo barebe ko bakuramo uriya mushoferi witwa Mugwaneza Idrissa akiri muzima ariko birananirana.
Kuri uyu wa Kane tariki 26 Werurwe 2026, ni bwo igice cy’ikinyuma cy’iriya modoka cyabonetse, mu gihe ikindi cy’imbere cyo kitaraboneka, kimwe n’umushoferi wari uyitwaye akaba ataraboneka.
Aya makuru kandi yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarusange, Byicaza Jean Claude watangaje ko iki gice cyakuwe mu mugezi ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane.
Aganira n’ikinyamakuru cyitwa Umuseke, Byicaza yagize ati “Ku mugoroba ni bwo babashije kubona igice kimwe cy’inyuma cy’iyo modoka, ikindi birashoboka ko kiri mu isayo hasi kuko icyo babonye cyari hejuru.”
Nyuma y’iyi mpanuka kandi, umuryango w’umushoferi wari utwaye iriya modoka, na wo uri kuri uyu mugezi, aho uri gukurikirana ibikorwa byo kumushakisha.
Byicaza Jean Claude avuga ko Polisi y’u Rwanda ikomeje ibikorwa byo gushakisha uriya mushoferi, ndetse n’ikindi gice cy’iriya modoka, kugeza igihe bizabonekera.
Uyu Muyobozi avuga ko kuva iyi mpanuka yaba, inzego zitaruhuka, kuko zirirwa ziri mu bikorwa byo gushakisha, kugeza mu masaha y’umugoroba, ariko ko polisi y’u Rwanda ifite ubushake kandi hari icyizere ko kiriya gice gisigaye ndetse n’umubiri wa nyakwigendera byaboneka.
RADIOTV10








