Wednesday, March 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
25/03/2026
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America yatanze umucyo ku kibazo cyabaye kuri hoteli icumbitsemo Madamu wa Tshisekedi i Washington DC, cyatumye bamwe bakwirakwiza ibihuha ko u Rwanda rwashatse kwica uyu mugore wa Perezida wa DRC, ivuga ko ibi binyoma bikwiye kwimwa amatwi kandi bikamaganirwa kure.

Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Werurwe 2026, ku mbuga nkoranyambaga, inkuru yakwirakwijwe cyane, iy’abasanzwe bavuga nabi u Rwanda batanarwifuriza ineza, ko ngo iki Gihugu cyohereje abantu bo kwica Denise Nyakéru Tshisekedi, uri i Washinton DC muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Abakwirakwizaga aya makuru y’ibihuha, bavuga ko ngo hari abantu babiri ngo bashakaga kwivugana uwo mugore wa Tshisekedi, ariko ngo umugambi wabo ukaburizwamo n’abashinzwe umutekano we.

Ni ibintu byamaganiwe kure n’abasanzwe bazi ibinyoma bihimbwa n’ubutegetsi bwa Congo, bavuga ko n’ubundi ayo makuru y’ibihuha yacuzwe n’abo basanganywe iyo migirire.

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, na yo kuri uyu wa Gatatu yashyize hanze itangazo ryo “gutanga umucyo ku kibazo cyabaye kuri Washington DC Hotel.”

Iyi Ambasade ivuga ko “umwe mu bashinzwe umutekano w’umwe mu banyacyubahiro wari wacumbitse kuri Washington DC hotel, utari ufite intwaro” yahuye n’abashinzwe umutekano b’itsinda rya DRC mu gice rusange kirangaye kinyurwamo n’abashyitsi bose.

Ambasade y’u Rwanda muri US, ivuga ko “amatsinda yombi yari yacumbitse muri hoteli imwe.” Aho umwe mu bashinzwe umutekano wo mu Rwanda yabujijwe n’aba DRC gukoresha icyuma kifashishwa mu kuzamuka amagorofa (elevator), ubundi bikaba ari “imyitwarire idakwiye kandi itari yo y’ahandu rusange.”

Ambasade ivuga ko iki kibazo cyahise gikemuka hatabayeho ubushyamirane, yavuze ko nyuma yacyo, “uruhande rw’u Rwanda rwafashe icyemezo cyo guhindura hoteli, ariko rwasagariwe runafatwa amashusho n’abantu batazwi ubwo basohokaga.”

Ikomeza igira iti “Nubwo habayeho ubu bushotoranyi itsinda ry’u Rwanda ryabyitwayemo neza kandi rigaragaza ubunyamwuga bubaranga igihe cyose, rinakorana ubushishozi mu kwirinda ko habaho gushyamirana.”

Ambasade y’u Rwanda ivuga ko nubwo byagenze gutya, ariko hari abatanze amakuru y’ikinyoma, arimo n’adafite ishingiro yatangajwe na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru wa DRC, Patrick Muyaya, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu ijoro ryacyeye. Iti “Ibi binyoma byambaye ubusa bigomba kwirengagizwa kandi bikamaganwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagiranye ibiganiro n’uw’iya Kenya

Related Posts

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagiranye ibiganiro n’uw’iya Kenya

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagiranye ibiganiro n’uw’iya Kenya

by radiotv10
25/03/2026
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda CG Felix Namuhoranye wagiriye uruzinduko muri Kenya, yakiriwe na mugenzi we w’iki Gihugu, Douglas...

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

by radiotv10
25/03/2026
0

Abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bayobowe n’Umuyobozi wa Diviziyo ya 5 y’Ingabo zirwanira ku butaka, Major General Ruki Karusisi; batangiye...

Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

by radiotv10
25/03/2026
0

Mu manza ebyiri zaburanishijwemo abantu batatu barimo umugabo n’umugore bakekwaho kwica abo bashakanye, umwe akaba yaranamwicanye n’umwana wabo, babyemereye imbere...

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
25/03/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu byiciro bitatu bikurikirana ku rutonde rw’uko Uturere twesheje...

Amakuru mashya: Umuhanda wari umaze iminsi ibiri udakoreshwa mu Rwanda wongeye kuba nyabagendwa

Amakuru mashya: Umuhanda wari umaze iminsi ibiri udakoreshwa mu Rwanda wongeye kuba nyabagendwa

by radiotv10
25/03/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Muhanga-Ngororero- Mukamira, wongeye kuba nyabagendwa nyuma y’iminsi ibiri udakoreshwa kubera imvura nyinshi yari yaguye....

IZIHERUKA

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi
MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

by radiotv10
25/03/2026
0

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagiranye ibiganiro n’uw’iya Kenya

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagiranye ibiganiro n’uw’iya Kenya

25/03/2026
Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

25/03/2026
Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

25/03/2026
Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

25/03/2026
Amakuru mashya: Umuhanda wari umaze iminsi ibiri udakoreshwa mu Rwanda wongeye kuba nyabagendwa

Amakuru mashya: Umuhanda wari umaze iminsi ibiri udakoreshwa mu Rwanda wongeye kuba nyabagendwa

25/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagiranye ibiganiro n’uw’iya Kenya

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.