Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
25/03/2026
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America yatanze umucyo ku kibazo cyabaye kuri hoteli icumbitsemo Madamu wa Tshisekedi i Washington DC, cyatumye bamwe bakwirakwiza ibihuha ko u Rwanda rwashatse kwica uyu mugore wa Perezida wa DRC, ivuga ko ibi binyoma bikwiye kwimwa amatwi kandi bikamaganirwa kure.

Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Werurwe 2026, ku mbuga nkoranyambaga, inkuru yakwirakwijwe cyane, iy’abasanzwe bavuga nabi u Rwanda batanarwifuriza ineza, ko ngo iki Gihugu cyohereje abantu bo kwica Denise Nyakéru Tshisekedi, uri i Washinton DC muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Abakwirakwizaga aya makuru y’ibihuha, bavuga ko ngo hari abantu babiri ngo bashakaga kwivugana uwo mugore wa Tshisekedi, ariko ngo umugambi wabo ukaburizwamo n’abashinzwe umutekano we.

Ni ibintu byamaganiwe kure n’abasanzwe bazi ibinyoma bihimbwa n’ubutegetsi bwa Congo, bavuga ko n’ubundi ayo makuru y’ibihuha yacuzwe n’abo basanganywe iyo migirire.

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, na yo kuri uyu wa Gatatu yashyize hanze itangazo ryo “gutanga umucyo ku kibazo cyabaye kuri Washington DC Hotel.”

Iyi Ambasade ivuga ko “umwe mu bashinzwe umutekano w’umwe mu banyacyubahiro wari wacumbitse kuri Washington DC hotel, utari ufite intwaro” yahuye n’abashinzwe umutekano b’itsinda rya DRC mu gice rusange kirangaye kinyurwamo n’abashyitsi bose.

Ambasade y’u Rwanda muri US, ivuga ko “amatsinda yombi yari yacumbitse muri hoteli imwe.” Aho umwe mu bashinzwe umutekano wo mu Rwanda yabujijwe n’aba DRC gukoresha icyuma kifashishwa mu kuzamuka amagorofa (elevator), ubundi bikaba ari “imyitwarire idakwiye kandi itari yo y’ahandu rusange.”

Ambasade ivuga ko iki kibazo cyahise gikemuka hatabayeho ubushyamirane, yavuze ko nyuma yacyo, “uruhande rw’u Rwanda rwafashe icyemezo cyo guhindura hoteli, ariko rwasagariwe runafatwa amashusho n’abantu batazwi ubwo basohokaga.”

Ikomeza igira iti “Nubwo habayeho ubu bushotoranyi itsinda ry’u Rwanda ryabyitwayemo neza kandi rigaragaza ubunyamwuga bubaranga igihe cyose, rinakorana ubushishozi mu kwirinda ko habaho gushyamirana.”

Ambasade y’u Rwanda ivuga ko nubwo byagenze gutya, ariko hari abatanze amakuru y’ikinyoma, arimo n’adafite ishingiro yatangajwe na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru wa DRC, Patrick Muyaya, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu ijoro ryacyeye. Iti “Ibi binyoma byambaye ubusa bigomba kwirengagizwa kandi bikamaganwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Next Post

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.