• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
25/03/2026
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America yatanze umucyo ku kibazo cyabaye kuri hoteli icumbitsemo Madamu wa Tshisekedi i Washington DC, cyatumye bamwe bakwirakwiza ibihuha ko u Rwanda rwashatse kwica uyu mugore wa Perezida wa DRC, ivuga ko ibi binyoma bikwiye kwimwa amatwi kandi bikamaganirwa kure.

Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Werurwe 2026, ku mbuga nkoranyambaga, inkuru yakwirakwijwe cyane, iy’abasanzwe bavuga nabi u Rwanda batanarwifuriza ineza, ko ngo iki Gihugu cyohereje abantu bo kwica Denise Nyakéru Tshisekedi, uri i Washinton DC muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Abakwirakwizaga aya makuru y’ibihuha, bavuga ko ngo hari abantu babiri ngo bashakaga kwivugana uwo mugore wa Tshisekedi, ariko ngo umugambi wabo ukaburizwamo n’abashinzwe umutekano we.

Ni ibintu byamaganiwe kure n’abasanzwe bazi ibinyoma bihimbwa n’ubutegetsi bwa Congo, bavuga ko n’ubundi ayo makuru y’ibihuha yacuzwe n’abo basanganywe iyo migirire.

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, na yo kuri uyu wa Gatatu yashyize hanze itangazo ryo “gutanga umucyo ku kibazo cyabaye kuri Washington DC Hotel.”

Iyi Ambasade ivuga ko “umwe mu bashinzwe umutekano w’umwe mu banyacyubahiro wari wacumbitse kuri Washington DC hotel, utari ufite intwaro” yahuye n’abashinzwe umutekano b’itsinda rya DRC mu gice rusange kirangaye kinyurwamo n’abashyitsi bose.

Ambasade y’u Rwanda muri US, ivuga ko “amatsinda yombi yari yacumbitse muri hoteli imwe.” Aho umwe mu bashinzwe umutekano wo mu Rwanda yabujijwe n’aba DRC gukoresha icyuma kifashishwa mu kuzamuka amagorofa (elevator), ubundi bikaba ari “imyitwarire idakwiye kandi itari yo y’ahandu rusange.”

Ambasade ivuga ko iki kibazo cyahise gikemuka hatabayeho ubushyamirane, yavuze ko nyuma yacyo, “uruhande rw’u Rwanda rwafashe icyemezo cyo guhindura hoteli, ariko rwasagariwe runafatwa amashusho n’abantu batazwi ubwo basohokaga.”

Ikomeza igira iti “Nubwo habayeho ubu bushotoranyi itsinda ry’u Rwanda ryabyitwayemo neza kandi rigaragaza ubunyamwuga bubaranga igihe cyose, rinakorana ubushishozi mu kwirinda ko habaho gushyamirana.”

Ambasade y’u Rwanda ivuga ko nubwo byagenze gutya, ariko hari abatanze amakuru y’ikinyoma, arimo n’adafite ishingiro yatangajwe na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru wa DRC, Patrick Muyaya, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu ijoro ryacyeye. Iti “Ibi binyoma byambaye ubusa bigomba kwirengagizwa kandi bikamaganwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 3 =

Previous Post

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Next Post

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.