• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

radiotv10by radiotv10
01/06/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u Bwongereza kubera kutubahiriza amasezerano Ibihugu byombi byagiranye.

Ni icyemezo cyafashwe n’uru Rukiko Ruhoraho Nkemurampaka rufite icyicaro i La Haye mu Buholandi, aho u Rwanda rwaregaga u Bwongereza kutubahiriza amasezerano Ibihugu byombi byari byagiranye ajyanye no guhangana n’ikibazo cy’abimukira.

Aya masezerano yagombaga gutuma u Bwongereza bwohoreza mu Rwanda abimukira, yahagaritswe na Minisitiri w’Intebe uriho ubu Keir Starmer ubwo yari akijya ku buyobozi.

Muri iki kirego, u Rwanda rwasabaga kwishyurwa miliyoni £50 nk’uko bigaragazwa n’ikirego cyatanzwe muri uru Rukiko rushinzwe ubukemurampaka.

Mu cyemezo cyashyizwe hanze kuri uyu wa Mbere Urukiko rwavuze ko Dipolomasi y’u Rwanda “yemeye guhara ubwishyu bw’inyongera bwari gukorwa n’u Bwongereza muri Mata 2025 no muri Mata 2026.”

Muri iki cyemezo Urukiko rwavuze ko cyafashwe tariki 15 Gicurasi 2025, kivuga ko abantu bane guse ari bo bemeye kujya mu Rwanda ku bushake hagendewe kuri ariya masezerano yagiye ahura n’ibibazo bishingiye ku mategeko, aho benshi bayarwanyije.

Muri Werurwe uyu mwaka, ubwo u Rwanda rwatangiraga kuragaza ishingiro z’ikirego cyarwo, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, Dr Emmanuel Ugirashebuja yavuze ko muri Mata 2022, ubwo hatangazwaga ariya masezerano, u Rwanda rwatangiye gushyira mu bikorwa ibyo rwari rwiyemeje.

Yavuze kandi ko iki Gihugu cyahise kinatangira gukora amavugurura mu mategeko yarwo kugira ngo ruzabone uko rushyira mu bikorwa ibyo rwari rwasinye muri ariya masezerano.

Yavuze ko mu Ugushyingo u Bwongereza bwasabye ko u Rwanda rutategereza ubwishyu bwo mu byiciro bibiri bwa Miliyoni £50 zo muri Mata 2024 no muri ndetse n’izindi nk’izo muri Mata 2026, ndetse buvuga ko bugiye gusuzuma uburyo bwo gusesa amasezerano.

Dr Emmanuel Ugirashebuja yavuze ko Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kigera mu biro yahise ahagarika ariya masezerano u Bwongereza butarabanje kumenyesha u Rwanda, ahubwo rukabimenyera mu itangazamakuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Related Posts

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Urukundo rw’umuryango ntirukwiye kutubuza gushyira imbere ikizaramira u Rwanda-Madamu J.Kagame abwira urubyiruko

Urukundo rw’umuryango ntirukwiye kutubuza gushyira imbere ikizaramira u Rwanda-Madamu J.Kagame abwira urubyiruko

by radiotv10
30/05/2026
0

Madamu Jeannette Kagame yibukije urubyiriko ko rukwiye gushyira imbere ikizaramira Igihugu cyarwibarutse, arwizeza ko nubwo hari imwe mu miryango igifite...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.